Ikipe ya Arsenal iheruka gukina irushanwa rya UEFA champions league mu myaka itanu ishize, gusa bigaragara ko uyu mwaka hari amahirwe yo kugaruka muri iri rushanwa.
Umukino Arsenal iheruka gukina muri champions league, ni umukino wabaye mu 2017 muri Werurwe ubwo Bayern Munich yabatsindaga ibitego 5-1.
Kieran Tierney yizeye ko iyi kipe ishobora kugaragara mu makipe ane ya mbere mu Bwongereza muri uyu mwaka w'imikino, ubundi Arsenal ikaba yagaruka aho ikwiye kuba iri.
Tierney yagize ati:"Nk'umukinnyi wa Arsenal, uzi urwego rw'iyi kipe kandi unazi ibyo iba yitezweho.
"Ariko unazi aho twari turi mu myaka itambutse.
"Umwanya wa kane ni umwanya mwiza -- kwaba ati gutera imbere, kandi ni ikintu twakubakiraho.
"Ariko ni ikintu ukora umukino ku mukino, iyo ugiye mu mikino, ntuba uzi ikiraba, kiza cyanwa kibi.
"Birumvikana, Arsenal ikwiye kuba iri muri champions league, kandi nk'uko bigaragara, mu myaka ishize ntitwabikoze, ubwo rero tubikoze twaba dutera imbere."
Tierney kandi yakomeje ati:"Hari imikino ugomba gutsinda kugira ngo ushyiremo ikinyuranyo ku makipe akuri munsi ku rutonde rwa shampiyona.
"Turabizi ko bigiye gukomera ariko aya niyo mezi yo kubikora.
"Iki ni igice cy'umwaka aho ugomba guhanga amaso ku ntego kandi ukamenya icyo ugomba gukora ngo uyigereho. Ugomba gutsinda imikino."
Umukino wa mbere aba basore bagomba kwitaho uri kuri iki cyumweru aho Arsenal irakina na Burnley.
Tierney ati:"Buri gihe bahora babikomeje, umukino ukomeye.
"Buri gihe bahora bakomeye kandi ari beza mu byo bakora, gusatira n'imipira baba bahindurira mu mpande ijya mu rubuga rw'amahina.
"Turabizi ko tugiye guhangana n'ikipe ikomeye."
Ibi kandi Kieran Tierney avuga byaje no kwemezwa n'umutoza Mikel Arteta.
Arteta ati:"Buri gihe biba bikomeye gukina na Burnley, mu mikino yose twaba twarakinnye n'iyi kipe.
"Bakora ibyo bakora neza cyane. Bagushyira mu mukino ukomeye mu buryo bikabije.
"Tugomba kuba twiteguye neza guhangana no gukina umukino dushaka kubakinisha."
Arteta kandi yakomeje ati:"Mbere ya byose dushaka gukina na Burnley kuko dushaka gukuraho umubabaro twateje abafana ku wa kane, kandi uburyo bwiza bwo kubikora ni gukina tugatsinda."
Tierney yizeye ko Arsenal yakongera gukina champions league(Net-photo)
Arteta yemeza ko umukino wa Burnley utajya woroha(Net-photo)
