Ibyo biganiro bifasha abagore kugabanya umunaniro wo mu mutwe, kongera ibyishimo, no gukomeza umubano n’abandi. Prof. Dunbar yagaragaje ko mu biganiro abantu bagira buri munsi by’umwihariko abagore, ibirenga kimwe cya kabiri baba baganira ku bandi, kandi ibi biba bifite akamaro mu kubaka ubusabane no kugira aho umuntu yishingikiriza mu muryango mugari.
Iyo ibyo biganiro bikorwa mu buryo bwubaha, bitagamije gusebanya cyangwa kwangiza abandi, bifasha abagore guhuza amarangamutima, kwiga ku myitwarire y’abandi, no kumva ko bari mu muryango ubitaho.
Abo bashakashatsi bavuga ko kuganira ku bandi mu buryo bwubaka bitari ibyo guharabika, bishobora kuba igice cy’ingenzi cy’ubuzima bwiza bw’umugore, yaba mu mutwe, mu marangamutima, no mu mibanire ye n’abandi.
Abagore bafashwa cyane no kuganira kuri bagenzi babo
Kuvuga muri bagenzi babo bigira ingaruka nziza ku buzima bw'abagore
