Spice Diana yahishuye akayabo ashobora kwinjiza mu ijoro rimwe

Spice Diana yahishuye akayabo ashobora kwinjiza mu ijoro rimwe

 Apr 2, 2025 - 18:34

Umuhanzikazi wo muri Uganda, Spice Diana yongeye gushimangira ko ari umwe mu bahanzi bakomeye muri Uganda nyuma y'uko ahishuye akayabo k'amafaranga ashobora gukora mu ijoro rimwe gusa ari kuririmba.

Mu kiganiro yagiranye n'abahanzi bagenzi be Crysto Panda na Bruno K . Kuri TikTok, yavuze ko mu ijoro rimwe ashobora gukorera amafaranga asaga miliyoni 50 z'amashilingi (ni ukuvuga asaga miliyoni 20 Rwf), kandi abayinjiza muri Uganda ni mbarwa.

Yavuze ko aya mafaranga yose ayinjiza avuye mu bitaramo bigera kuri bitandatu cyangwa umunani, kandi aho hose aharirimbira mu ijoro rimwe gusa cyane cyane mu gihe k'iminsi mikuru.

Aya ni amafaranga ashimangira ko ari mu bahanzi bakomeye kandi bahenze muri Uganda, bigendanye n'uko ahorana ibiraka cyane.

Amakuru avuga ko uyu muhanzikazi ahora arwanirwa n'abategura ibitaramo, aho usanga buri wese ashaka kumuha akazi.

Spice Diana yahishuye ko ashobora kwinjiza asaga miliyoni 20 Rwf mu ijoro rimwe.