Nyuma y'uko Rwanda Premier League y’umwaka ushize ikinwe mu matsinda kubera Covid-19 akaza kwegukanwa na Apr fc ku nshuro yayo ya kabiri yikurikiranya idatsinzwe.
Ubu shampiyona yagarutse ariko izakinwa mu buryo busanzwe aho amakipe agomba guhura yose imikino ibiri ubanza n’uwo kwishyura nkuko byari bisanzwe.
Umukino uri bubanzirize iyindi ni Marine Fc yakira Gasogi United kuri Stade umuganda.
Ni amakipe yombi anganya imbaraga nubwo Marine Fc ifite uburambe mu cyiciro cya mbere gusa na Gasogi United ntiyoroshye kuko ni imwe muma kipe amaze kugira igikundiro mu gihe gito imaze mu cyiciro cya mbere.
Undi mukino witezwe na Benshi ni Kiyovu Sport iri bwakire Gorilla Fc kuri Stade ya Kigali Nyamirambo, ni Kiyovu Sport iherutse gutsinda mukeba wayo Rayon Sports kuri Rayon Sports day, nyuma yuko Kiyovu Sport isinyishije abakinnyi benshi barimo babiri ba Uganda Cranes: Emmanuel Arnord Okwi na Muzamiru Mutyaba. Igomba guhura na Gorilla Fc iherutse gutandukana n’umutoza wayo wayigumishije mu cyiciro cya mbere uyu mukino uratangira ku isaha ya saa sita na mirongo itatu 12h30: Pm .
Kuri uyu munsi kandi umukino karundura utegerejwe n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda ni umukino uri buhuze Rayon Sports na Mukira Victory Sport.
Ni amakipe yombi aherutse gukina umukino wa gishuti maze mukura igatsinda Rayon Sports igitego 1-0.
Rayon Sports irashaka gutsinda uyu mukino kugirango ikureho ibihuha bivugako umutoza wayo Masudi Djuma ashobora kuba adafitiwe icyizere ndetse ntishaka gutindwa kabiri kikurikiranya na Mukura victory Sport.
Mukura Victory Sport baratangazako bagomba gutsinda Rayon Sports kugirango bizereko bakomeye bagomba gutsinda ikipe ikomeye.
Rayon Sports nyuma yo gusinyisha abakinnyi batandukanye barimo Iranzi Jean Claude, Muhire Kevin, Nizigiyimana Khalim Mackenzi n’abandi irifuza gutsinda uyu mukino kugirango itangire guhatanira igikombe hakiri kare kuko imaze imyaka 2 itagikozaho imitwe y’intoki kuko cyatwawe na Apr Fc yikurikiranya uyu mukino uraba ku isaha ya saa 15:00 kuri Stade ya Kigali Nyamirambo.
Undi mukino abantu batarenza ingohe ni Espoir Fc yakira As Kigali
Espoir yagize umwanya mwiza muri Shampiyona y’umwaka ushize yakinwe mu matsinda kuko yarangije ku mwanya wa 3 nyuma ya Apr Fc na As kigali irashaka kureba niba ayo mateka yakwisubiramo ikongera ikagira umwaka mwiza nkuwo yagize ubushize.
As Kigali iherutse gusezererwa mu marushanwa ny’Africa ya Caf Confederation Cup isezerewe na Daring Club Motema Pembe yo muri Repubika iharanira demokarasi ya Congo irashaka gutsinda umukino wayo wa mbere kuko ishaka gutwara igikombe cya shampiona nyuma yo kugitwarwa na Apr Fc iyirushije ibitego.
As Kigali baratangazako icyi aricyo gihe cyo gutwara igikombe kubera abakinnyi babahanga bafite barimo Kwizera Pierre , Niyonzima Olivier , Ernest Sugira n’abandi. Uyu mukino uraza kubera I Rusizi kuri Rusizi Stadium saa 15:00
