Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko u Rwanda rudakeneye amabuye y'agaciro ya Congo, ko ahubwo urebye Ibihugu birimo Ubushinwa, Amerika n'abandi aribo bayashaka cyane ku buryo ukoze urutonde u Rwanda rwaza mu myanya 100.
Umukuru w'Igihugu avuga ko u Rwanda rudakeneye amabuye y'agaciro ahubwo rukeneye umutekano ndetse rutatekereza iby'amabuye nta mutekano w'igihe kirambye rufite.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro kihariye yagira Mario Nawfal, aho yavuze ko Ibihugu by'ibihangange bihengera Politike mbi ya Congo bakitwaza u Rwanda bavuga ko rusahura imitungo ya Congo.
Inshuro nyinshi Leta Congo ikunda gushinja u Rwanda ko rusahura amabuye y'agaciro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, ariko u Rwanda narwo rubitera utwatsi buri gihe.
Perezida Kagame yemeza u Rwanda rukeneye umutekano rudakeneye amabuye ya DRC
Perezida Flex Tshisekedi yemeza ko u Rwanda rusahura umutungo wa Congo
