Ni inde wongeye gutangiza imirwano hagati ya M23 na FARDC ?

Ni inde wongeye gutangiza imirwano hagati ya M23 na FARDC ?

 Mar 9, 2023 - 10:43

Nyuma y'amasaha umutwe wa M23 utangaje ko uhagaritse imirwano n'ingabo za DR-Congo FARDC, imirwano yahise yongera kubura, M23 ifata ibindi bice.

Tariki ya 07 Werurwe 2023, nibwo umutwe wa M23 wanditse itangazo,uvuga ko uhagaritse imirwano n'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi FARDC, mu rwego rwo gukemura ibibazo bibarizwa mu Burasirazuba bw'iki gihugu.

Nyamara nubwo bari batangaje ko bahagaritse imirwano, ariko bari batangaje ko nibaramuka bagabweho ibitero na FARDC cyangwa se indi mitwe yitwaje intwaro ifatanya na Leta ya Congo bazirwanaho.

M23 ikimara gutangaza ko yahagaritse imirwano, Leta ya Congo yaricecekeye ntihagira icyo itangaza, niba nayo ihagarika imirwano.

M23 na  FARDC ni inde watangije imirwano?

M23 yari yahagaritse imirwano i saa sita z'amanywa, ariko kuri uwo munsi n'ubundi mu masaha y'umugoroba, imirwano yarongeye irubura kugera magingo aya ni ibicika.

Nyuma y'uko imirwano yubuye hagati ya M23 na FARDC, impande zose zirashinjanya gutangiza ibitero ku birindiro byabo.

Leta ya Congo yatangaje ko M23 ariyo yatangiye iyigabaho ibitero nyamara na M23 nayo ni gutyo ibivuga.

M23 yabyungukiyemo imirwano igitangira!!

Imirwano ikimara gusubukurwa, bisa nkaho M23 ariyo yahise ibyungukiramo kuko yahise ifata umuhanda wa Goma-Minova wahuzaga Goma na Kivu y'Amajyepfo.

Magingo aya biri gutanganzwa ko inzira zose zihuza umugi wa Goma n'utundi duce twa Repubulika Iharanira Demokarasi, zose zifitwe n'umutwe wa M23.

Uyu muhanda bafashe ukaba uherereye mu gace ka "Karuba" ubwo nako kaguye mu biganza byabo ku buryo bwuzuye hamwe n'agace ka "Murambi."

Karuba ikaba iherereye mu birometero 30 uvuye i Goma. Utu duce twose tukaba duherereye muri Teritwari ya Masisi.

Magingo aya bimeze bite ku rugamba?

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 9 Werurwe, Inyeshyamba za M23 zihanganye n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zifatanyije n'indi mitwe yitwaje intwaro, ziri kurwanira mu bice bya Mupfuni na  Kiluku.

Ubwo twarimo dukora iyi nkuru nta ruhande rwari rwakabashije kwigarurira utu duce, gusa imirwano irakomeye cyane.

M23 intego yayo ni ugufata umugi wa Goma 

Guhera mu mpera z'umwaka wa 2021 ubwo M23 yongeraga kwadura imirwano na Leta Congo, yagiye ifata ibice bigari, ikaba igambiriye gufata umugi wa Goma ariko ntibirayishobokera.

Ku rundi ruhande ingabo z'umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba nazo zageze muri iki gihugu kugarura amahoro no kurinda abaturage mu duce turi kuberamo imirwano.

Ingabo z'u Burundi zasesekaye muri DRC

Ingabo z'u Burundi zikaba arizo ziheruka kugera mu gace ka Sake tariki ya 07 Werurwe, gaherereye mu birometero 10 uvuye mu mugi wa Goma.

Magingo aya umutwe wa M23 ukaba ushaka amasezerano y'amahoro ariko Leta ya Congo yavuze ko itaganira amasezerano n'umutwe w'iterabwoba.

Leta ya Congo bakarenzaho ko M23 ifashwa n'u Rwanda, bituma ibihugu byombi bikomeje kurebana ay'ingwe.