Iri rushanwa ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 21 Nyakanga 2025, ndetse ikipe y'igihugu ya Kenya yari yamaze kugera Arusha muri Tanzania.
Mu itangazo ryashyizwe ku mugaragaro n'Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya, bagaragaje ko byavuye ku cyemezo cy'umutoza Benni McCarthy.
Bati "Icyemezo cyafashwe hashingiwe ku nama n’impanuro byatanzwe n’abatoza b'ikipe, bayobowe na Benni McCarthy, nyuma yo gusuzuma byimbitse ibihe byari bihari aho basanze bidakwiriye ko ikipe yakina iyi mikino."
CHAN 2024 izatangira tariki 02-30 Kanama 2025, ikazabera mu bihugu bitatu aribyo Kenya, Tanzania ndetse na Uganda ku bibuga bisaga bitanu mu mijyi ine itandukanye yo muri ibi bihugu.
Uko amatsinda ateye mu mikino ya CHAN 2024 igiye kuba 2025:
Itsinda A: Kenya, Morocco, Angola, DR Congo, Zambia
Itsinda B: Tanzania, Madagascar, Mauritania, Burkina Faso, Central African Republic
Itsinda C: Uganda, Niger, Guinea, Algeria, South Africa
Itsinda D: Senegal, Equatorial Guinea, Sudan, Nigeria
Umutoza w'ikipe y'igihugu ya Kenya niwe wafashe ikemezo cyo guhagarika iyi mikino
CHAN izabera mu bihugu bitatu Uganda, Kenya na Tanzania
