Ikizere cy'irekurwa rya Papa wa Luis Diaz washimuswe cyazamutse

Ikizere cy'irekurwa rya Papa wa Luis Diaz washimuswe cyazamutse

 Nov 7, 2023 - 15:56

Iminsi irenga ikenda irashize Papa wa Luis Diaz ukinira Liverpool ashimuswe iwabo muri Colombia, gusa kuri uyu wa Kabiri hari ikizere ko yarekurwa n'agatsiko k'abamushimuse kitwa ELN.

Iminsi yari ibaye hafi icumi police n'ingabo za Colombia bazenguruka imisozi ya Perija iri hafi y'umupaka wa Venezuela aho bivugwa ko ariho abashimuse Luis Manuel Diaz[Papa wa Luis Diaz ukinira Liverpool] bakambitse.

Gusa kuri ubu amakuru meza ava muri Colombia aravuga ko izi ngabo na Police y'iki gihugu bamaze gutegekwa kuva muri aka gace bagasubira mu mujyi wa Barrancas aho uyu mugabo yafatiwe, nyuma y'uko itsinda ryamushimuse ryemeye ko riza kumurekura mu masaha ari imbere.

Nyuma y'ibi byasabwe n'abashimuse uyu mugabo mu masaha yo mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 06 Ugushingo, ingabo za Colombia zatangaje ko hari kubahirizwa ibyo abashimuse bifuza kugira ngo Papa wa Luis Diaz yongere asubizwe ubwisanzure mu masaha make ari imbere.

Coronel Giovanni Montanez yemeje ibyo gukura ingabo mu misozi ya Perija, ati:"Ingabo ziri mu bikorwa byo gushaka Luis Manuel Diaz zahawe itegeko ryo kuva aho zari kugira ngo hakorwe ihererekanwa ry'uwafashwe."

Coronel Giovanni yakomeje yemeza ko ingabo zarimo zijagajaga iyi misozi ya Perija zishaka aho aba bashimuse baba bihishe zamaze gukurwayo, zikaba zarasunijwe muri Barrancas nk'uko byasabwe mbere yo kurekura Papa wa Lusi Diaz.

Aka gatsiko ka ELN kashimuse Luis Diaz w'imyaka 58 si ubwa mbere gashimuse umuntu, kuko muri Mutarama 2018 bigeze gushimuta Andres Riano Ravelo wari afite imyaka 41, akaba yarakoraga mu bintu bijyanye na esanse na mazutu. Mu 2017 kandi abanyamakuru babiri b'abahorandi nabo bashimuswe na ELN.

Hari ikizere ko ELN yashimuse Luis Manuel Diaz yamurekura uyu munsi