Manchester United yamaze kwemeza ko Paul Pogba azayivamo muri iyi mpeshyi nyuma y'uko amasezerano yamaze kugera ku musozo.
Pogba yakuriye mu bato ba Manchester mu 2016 aguzwe miliyoni 89 z'amapawundi avuye muri Juventus, nyuma y'uko yari yavuye muri iyi kipe mu 2011 atumvikana na Sir Alex Ferguson akagendera ubuntu.
Ibyo abafana ba Manchester United bari bamwitezeho ntibigeze babibona, dore ko yagiye aba ikibazo muri iyi kipe guhera ubwo yatangiye gushwana na Jose Mourinho wamugaruye muri iyi kipe.
Paul Pogba aragendera ubuntu(Image:beIn Sport)
Nyuma yo kugira imvune y'igihe kirekire muri uyu mwaka w'imikino, unukino wa nyuma yakinnye ni umukino Manchester United yatsinzwe na Liverpool ibitego 4-0 muri Mata.
Manchester United yabyemeje mu itangazo yashyize hanze imushimira uko yayibayemo kuva yayigeramo avuye muri Le Havre ubwo yari afite imwaka 16, ndetse yamwifurije ishya n'ihirwe mu rugendo rushya agiye gutangira.
Kugeza ubu ikipe ya PSG na Juventus nizo zihabwa amahirwe menshi yo gusinyisha uyu musore, mu gihe ikipe ya Manchester City nayo yavuzweho kumwifuza.
