FERWAFA yatumije inama yiga ku isubukurwa rya shampiyona

FERWAFA yatumije inama yiga ku isubukurwa rya shampiyona

 Jan 4, 2022 - 05:31

Kuri uyu wa kabiri nibwo inama irebera hamwe uko shampiyona ya Primus National League iraterana.

Kuri uyu wa kabiri tariki 4 Mutarama 2022, nibwo hateganyijwe inama igomba guhuza abayobozi b'amakipe y'icyiciro cya mbere n'icya kabiri mu bagabo n'abagore yatumijwe na FERWAFA.

Iyi nama ikaba igamije kwigira hamwe iyubahirizwa ry'ingamba zo kwirinda Covid-19 mu gihe cy'amarushanwa FERWAFA itegura ndetse nyuma akaba yanasubukurwa.

Biteganyijwe ko iyi nama iza kuba hifashishijwe ikoranabuhanga aho bidasaba ko abantu bahurira hamwe mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Ni nyuma y'uko mu minsi ishize Minisiteri ya Siporo yari yasohoye itangazo rihagarika imikino isaba ko abantu bakoranaho harimo n'umupira w'amaguru kubera ko Covid-19 yari ikomeje kwiyongera uko bwije n'uko bukeye.

Mu kiganiro Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa  yagiranye na Tereviziyo y'igihugu yatangaje ko mu gihe ababifite mu nshingano bakubahiriza amabwiriza bahawe, shampiyona yasubukurwa iminsi 30 yari yateganyijwe itageze.

Yagize ati:"Twagaraniriye n’abarimo abashinzwe umupira w’amaguru kuko ari bo mwari mwabajije, batwemerera ko bigaragara ko ayo makosa yagiye akorwa aho byagaragaye ahanini cyane ko uburyo bwo gushyiraho abantu bakurikirana uko icyorezo gihagaze, ugasanga birakorwa ahantu hamwe nko mu cyiciro cya kabiri n’abagore ntihabe hari umuntu ubishinzwe, bigaragara ko habayeho kudohoka, umwanya uwo ari wo wose iki cyorezo gishobora kugera kure.

"Twabyumvikanyeho kandi babyemeye, batwizeza ko bitazamara iyo minsi 30, ko bagiye gukora ibishoboka muri iki kiruhuko [cy’imikino y’Amavubi na Guinea] cy’icyumweru n’igice bakazaza bafashe amabwiriza mashya ndetse buri munyamuryango akagira uruhare mu kuyashyiraho no gufasha kugira uruhare mu gukumira iki cyorezo.”
FERWAFA rero ikaba igiye kuganira n'abahagarariye aya makipe ngo harebwe aho imirimo yo gushyira ayo mabwiriza mu bikorwa igeze.
Bikomeje kuvugwa kandi ko amakipe asabwa ko abakinnyi bayo baba hamwe mu rwego rwo kugabanya ingendo zakwirakwiza Covid-19.

Ubutumwa FERWAFA yoherereje amakipe

Shampiyona y'u Rwanda ishobora kugaruka bidatinze(Image:Rwanda Magazine)