Kuri uyu wa kabiri tariki 4 Mutarama 2022, nibwo hateganyijwe inama igomba guhuza abayobozi b'amakipe y'icyiciro cya mbere n'icya kabiri mu bagabo n'abagore yatumijwe na FERWAFA.
Iyi nama ikaba igamije kwigira hamwe iyubahirizwa ry'ingamba zo kwirinda Covid-19 mu gihe cy'amarushanwa FERWAFA itegura ndetse nyuma akaba yanasubukurwa.
Biteganyijwe ko iyi nama iza kuba hifashishijwe ikoranabuhanga aho bidasaba ko abantu bahurira hamwe mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Ni nyuma y'uko mu minsi ishize Minisiteri ya Siporo yari yasohoye itangazo rihagarika imikino isaba ko abantu bakoranaho harimo n'umupira w'amaguru kubera ko Covid-19 yari ikomeje kwiyongera uko bwije n'uko bukeye.
Mu kiganiro Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yagiranye na Tereviziyo y'igihugu yatangaje ko mu gihe ababifite mu nshingano bakubahiriza amabwiriza bahawe, shampiyona yasubukurwa iminsi 30 yari yateganyijwe itageze.
Yagize ati:"Twagaraniriye n’abarimo abashinzwe umupira w’amaguru kuko ari bo mwari mwabajije, batwemerera ko bigaragara ko ayo makosa yagiye akorwa aho byagaragaye ahanini cyane ko uburyo bwo gushyiraho abantu bakurikirana uko icyorezo gihagaze, ugasanga birakorwa ahantu hamwe nko mu cyiciro cya kabiri n’abagore ntihabe hari umuntu ubishinzwe, bigaragara ko habayeho kudohoka, umwanya uwo ari wo wose iki cyorezo gishobora kugera kure.
Ubutumwa FERWAFA yoherereje amakipe
Shampiyona y'u Rwanda ishobora kugaruka bidatinze(Image:Rwanda Magazine)
