Ikipe ya FC Barcelona iherutse kugura rutahizamu Ferran Torres bakuye muri Manchester City ariko yari ataremererwa gukinira iyi kipe kuko itamwandikisha igihemba imishahara iri hejuru.
Iyi kipe yarekuye Philippe Coutinho werekeje muri Aston Villa ku ntizanyo mu buryo bwo gushaka umwanya wa Ferran, ariko n'ubundi imishahara ikomeza kuba minini.
Kuri iyi nshuro FC Barcelona yabashije kwandikisha Ferran Torres ibinyujije mu kongerera amasezerano myugariro Samuel Umtiti byavugwaga ko yenda kuva muri iyi kipe.
Samuel Umtiti yari afite amasezerano muri FC Barcelona azarangira mu 2023, ariko yamaze kuyongera ubu azasoza amasezerano ye muri iyi kipe mu 2026 ariko akaba yemeye kugabanya umushahara.
Ibi ni byiza kuri FC Barcelona kuko n'ubwo ari umukinnyi utari kwifashishwa cyane muri iyi minsi, Umtiti yemeye kugabanya umushahara bigatuma hasigara umwanya wo kwandikisha Ferran Torres.
Ferran Torres yaguzwe miliyoni 55 z'amapawundi ava mu ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza mu ntangiro z'uku kwezi ariko nyuma yo kwerekanwa yahise arwara Covid-19 n'ubwo ubu ameze neza.
Iyi kipe yemeje ko yamaze kumvikana na Samuel Umtiti kugabanya amafaranga yari kuzahembwa mu mwaka n'igice wari usigaye ku masezerano ye.
Bagize bati:"FC Barcelona n'umukinnyi wayo Samuel Umtiti bamaze kumvikana kongera amasezerano akazageza tariki 30 Kamena mu 2026.
"Uyu myugariro w'umufaransa yemeye kugabanya umushahara yari kuzahembwa mu mwaka n'igice yari asigaje ku masezerano ye muri iyi kipe."
Iyi kipe kandi ikomeza isobanura ko aya masezerano yongerewe agiye kuyifasha kubahiriza amategeko ya "Financial fair play" ndetse no kwandikisha Ferran Torres.
Ferran Torres ubu ari mu mwanya mwiza wo gukinira FC Barcelona ndetse ashobora kugaragara no ku mukino bafitanye na Real Madrid kuri uyu wa Gatatu muri kimwe cya kabiri cya Super cup yo muri Espagne.
Samuel Umtiti yongereye amasezerano(Image:Marca)
Ferran Torres yamaze kwandikishwa muri FC Barcelona(Image:AS)
