Ubwo yari mu ihuriro ry’ubukungu rya WELT, Musk yasobanuye ko nta gahunda afite yo gushora imari ku urwo rubuga nkoranyambaga, ubu rufitwe na sosiyete ya Abashinwa, ByteDance.
Musk, ufite urubuga Twitter yaguze kuri miliyari 44 z'amadolari mu mwaka ushize, yavuze ko atagura urubuga nkoranyambaga kubera impamvu z’amafaranga gusa, kandi atabona ikindi yagurira TikTok kitari impamvu z’ubukungu gusa.
Amagambo ye aje mu gihe urubuga rwa TikTok ruri mu mazi abira, birimo kugirwaho impungenge z’umutekano w’amakuru ndetse no kugongana n’amabwiriza ya leta mu bihugu bitandukanye.
