Drake yongeye gushimira abakomeje kuba abizerwa kuri we

Drake yongeye gushimira abakomeje kuba abizerwa kuri we

 Feb 28, 2025 - 20:23

Drake nta rukundo afitiye abamuteye umugongo mu gihe cy'amakimbirane ye na Kendrick Lamar, kandi yashimiye bagenzi be bamunambyeho kugeza n’uyu munsi.

Ibyo yabivuze ubwo yari arimo kuganiriza abari bitabiriye igitaramo cye aherutse gukorera i Brisbane muri tour ye yise Anita Max Win.

Yagize ati: "Ndashaka rwose kubashimira ku byo mwakoze mu buzima bwanjye, ku muryango wanjye, ku nshuti zanjye, ku bo twakoranye bose, aba-producer bose, abandi bahanzi bose dukorana, muzi abataranteye umugongo, abakomeje kuba indahemuka“.

Drake yakomeje agira ati: “Abanjye. Ndabashimira kuko mwahinduye ubuzima bwanjye kuri njye ndetse n'abantu bose turi kumwe.”