Bobi Wine agiye kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda

Bobi Wine agiye kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda

 Aug 19, 2025 - 11:54

Umuyobozi w’ishyaka rya National Unity Platform (NUP), Robert Sentamu Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, bidasubirwaho aziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu cya Uganda ateganyijwe kuba muri Mutarama 2026.

Ni nyuma y'uko ku wa Mbere w’iki cyumweru, abayobozi bakuru ba NUP barimo Joel Ssenyonyi uhagarariye opozisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko, David Rubongoya Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka, ndetse na Benjamin Katana, bamaze gushyikira impapuro zo kwiyamamaza mu izina rya Bobi Wine, bazikuye mu biro bya Komisiyo y’Amatora.

Ishyaka rya NUP ryatangaje ko ryiteguye guhatana rikoresheje intego igira iti “Uganda Nshya None”, aho bafite gahunda yo gushishikariza abaturage kwitabira amatora ari benshi no guharanira impinduka mu miyoborere y’igihugu.

Bobi Wine, umaze igihe kinini ari umwe mu barwanashyaka b’impinduramatwara muri Uganda, ategerejweho kongera kugaragaza imbaraga ze mu guhangana n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka irenga 35 ayobora igihugu.

Bobi Wine agiye kongera kwiyamamariza kuyobora Uganda 

Bobi Wine ntabwo avuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda 

Bobi Wine yatsinzwe mu matora ya 2021