Bikomeje kuvugwa ko ikipe ya Real Madrid ikiri gukurikiranira hafi uko byifashe hagati ya Paul Pogba na Manchester United aho impande zombi zitarabasha kumvikana.
Pogba w'imyaka 28 aherutse kugirira imvune y'ikibero mu ikipe y'igihugu ishobora no gutuma atongera gukina muri uyu mwaka wa 2021 mu gihe amasezerano ye arangira mu mpeshyi ya 2022.
Pogba yavunikiye mu ikipe y'igihugu (Image:World good news)
Mino Raiola ushinzwe kumushakira amakipe,mu kwezi gushize yatangaje ko nta makuru mashya ahari ku kuba Pogba yakongera amasezerano muri Manchester United.
Nk'uko Marca ibitangaza, ikipe ya Real Madrid iryamiye amajanja ndetse ishobora gutangira kumuvugisha mu mezi make ari imbere.
Mino ndetse avuga ko amakipe nka PSG,Juventus yahozemo na FC Barcelona nayo yifuza cyane Paul Pogba.
Mu gihe byaba bigeze mu kwa mbere Paul Pogba na Manchester United batarumvikana, ashobora gusinya imbanzirizamasezerano mu yindi kipe akayerekezamo mu mpeshyi itaha ya 2022.
Amasezerano ya Pogba azarangira mu mpeshyi (Image:Tech-gate)
Umutoza Carlo Ancelotti agomba gukenera amaraso mashya hagati mu kibuga dore ko afitemo abagabo bafite imyaka yigiye hejuru.
Luka Modric ku myaka ye 36 aratanga umusaruro we wa nyuma muri Real Madrid mu gihe nawe amasezerano ye ari kugana ku musozo akaba ashobora kongerwa andi atarenza umwaka.
Nubwo Paul Pogba yaba agendeye ubuntu, umushahara we nawo ushobora kuba ikibazo kuko byitezwe ko ashobora gusaba miliyoni 10 z'amapawundi ku mwaka nk'uko bitangazwa na Marca.
Paul Pogba na Cristiano muri Manchester United (Image:TalkSport)
Nyuma y'igenda ry'umutoza Zinedine Zidane, byavuzwe ko Pogba kujya muri Real Madrid byaba bipfuye ariko siko byagenze ntibaramukuraho amaso.
Real Madrid kandi ikomeje kwifuza abandi bakinnyi bari gusoza amasezerano mu makipe yabo nka Kylian Mbappe wa PSG na Antonio Rudiger wa Chelsea.
