Afurika y'Epfo yabuze undi muhanzi

Afurika y'Epfo yabuze undi muhanzi

 Mar 17, 2023 - 05:08

Igihugu cya Afurika y'Epfo nyuma y'uko gipfushije Abahanzi barimo AKA, Costa Titch, uwari utahiwe ni Umuhanzikazi Gloria Bosman.

Kuva uyu mwaka watangira, igihugu cya Afurika y'Epfo kiri kubura inkingi za mwamba mu muzi wabo.

Nyuma y'uko abaraperi babiri aribo Kiernan Jarryd Forbes wamenyekanye nka AKA yitabye Imana muri Gashyantare, undi mugenzi we Costantinos Tsobanoglou wamenyekanye nka Costa Titch nawe yahise ashiramo umwuka aguye ku rubyiruko muri uku kwezi.

Ibyo nkaho bidahagije, muri iki cyumweru hongeye kumvikana indi nkuru y'akababaro, ubwo Umuririmbyikazi wo mujyana ya Jazz Gloria Bosman nawe yitabaga Imana.

Abaririmbyi bo muri Afurika y'Epfo batabarutse muri uyu mwaka: AKA, Costa Titch na Gloria Bosman 

Umuryango wa Gloria Bosman ukaba ariwo watangaje iyi nkuru y'akababaro.

Batangaje ko yazize irwara, gusa akaba yari arwaye igihe gito, ikindi akaba yaraguye iwe mu rugo.

Ishyaka riri ku butegetsi muri iki gihugu, African National Congress party (ANC) rikaba ryaratangaje ko igihugu kibuze umuntu w'ingirakamaro muri ibi bihe.

Mu nyandiko ANC yanditse, yagize ati" Mu gisekuru cy'umuzuki wa Afurika y'Epfo, Bosman ni umwe mu bagore bagize uruhare mu kuzamura umuziki w'iki gihugu."

Gloria akaba ari umwe mu bagore batanze uruhare rwabo mu muziki wa Afurika y'Epfo mu binyacu bibiri bishize.

Umuririmbyikazi Gloria Bosman watabarutse 

Mu mwaka w'1999 akaba yarasohoye Alubumu ya mbere yise "Tranquility." 

Iyi Alubumu ikaba yaratumye amenyekana cyane, dore ko yaje no gutwara ibihembo binyuranye muri iki gihugu. Akaba yarakoze Alubumu 6 mu buzima bwe.

Bosman akaba yakoranye indirimbo na bamwe mu bahanzi bakomeye bo muri Afurika y’Epfo barimo nyakwigendera Hugh Masekela, Sibongile Khumalo na Moses Molelekwa, ndetse na Oliver Mutukudzi wo muri Zimbabwe.

Gloria Bosman ku myaka 50, akaba yaravukiye Soweto muri Afurika y'Epfo, akaba asize umukobwa umwe Khensani Hlatshwayo.