Cristiano Ronaldo aherutse gutandukana n'ikipe ya Manchester United nyuma y'ikiganiro yakoranye na Piers Morgan yibasira abayobozi b'iyi kipe n'umutoza wayo.
Mu mpeshyi ishize ikipe ya Al Hilal yo muri Saudi Arabia yamuhaye miliyoni 210 z'amapawundi ngo ayisinyire imyaka ibiri, ariko uyu munya-Portugal arabyanga kuko yashakaga kuguma ku rwego rwo hejuru
Kuri ubu inkuru dukesha ikinyamakuru The Telegraph iravuga ko ikipe yo muri Saudi Arabia nanone yiteguye kumuha akayabo, akaba yakwerekezayo nyuma yo gutandukana na Manchester United.
Criatiano Ronaldo yamaze gutandukana na Manchester United
Saudi Arabia ishaka kuzana Cristiano Ronaldo ku mpamvu zirenze imwe, dore ko iyi kipe yitegura gusaba kuzakira Igikombe cy'isi kizaba mu 2030 nyuma y'ikizabera muri Leta zunze ubumwe za Amerika na Canada.
Kugira Cristiano Ronaldo bishobora kubafasha dore ko muri iyi myaka ishize bakomeje no gushora amafaranga menshi mu kwakira imikino igiye itandukanye, bakaba bari kubikora nyuma y'aho Qatar yemerewe kwakira Igikombe cy'isi cya 2022.
Byitezwe ko Cristiano Ronaldo arashaka ikipe yerekezamo mu isoko ryo muri Mutarama, hakaba havugwa amakipe atandukanye ariko izivugwa imbere cyane ni Chelsea y'umunyamerika Toddy Boehly na Sporting CP yo muri Portugal yamureze.
Cristiano Ronaldo w'imyaka 37 yiyumva nk'umukinnyi ugifite imbaraga zo gukina amarushanwa akomeye nka UEFA Champions League, bikaba bitekerezwa ko bigoye ko ubu yahita yerekeza muri Asia.
Ronaldo azava mu gikombe cy'isi yerekeza mu ikipe nshya
