Zari yatangaje impamvu abagore bakwiye guca inyuma abagabo babo

Zari yatangaje impamvu abagore bakwiye guca inyuma abagabo babo

 Apr 14, 2023 - 10:25

Mu gihe haba hari inyungu mu guca umugabo inyuma, Zari Hassan asanga ntacyo bitwaye ndetse ko buri mugore wese yaca inyuma umugabo we.

Zari Hassan uzwi ku izina rya Bosslady yatunguye abantu avuga ko kubwo inyungu ze, umugore wese waba waciye inyuma umugabo we hari icyo akurikiye nta kibazo kirimo.

Yagize ati " Muce inyuma kubera inzu, muce inyuma ushaka ubutaka, muce inyuma kubera imodoka uhora wifuza. Uko niko ibintu bigomba kugenda"

Zari kandi yakebuye abagabo ko umugore ajya guca inyuma umugabo we nyuma y'igihe kirekire aho bahereye ku mbuga nkoranyambaga babanza guhana ubucuti bigakurikizaho ibiganiro biganisha ku rukundo.

Yatangaje kandi ko niba umugabo ashobora guca inyuma umugore we kubera undi umurusha ubwiza ndetse n'imiterere, abagore bakwiye guca akenge nabo bagaca inyuma abagabo babo kubwo ibyo bifuza.

Zari yatangaje ko guca inyuma umugabo nta kibazo kibirimo.

Zari Hassan yatangaje ibi mu gihe bivugwa ko yagize uruhare mu kwica umugabo we babyaranye abana b'abahungu wo mu gihugu cya Uganda wari umuherwe. 

Nyuma yo kuba umupfakazi, yaje guhita ashakana na Diamond Platnumz umuhanzi wo mu gihugu cya Tanzania nawe nyuma baza gutandukana ubu akaba ari kumwe na Shabib.