World cup qualifications: Perezida wa Macedonia y'amajyaruguru yaburiye Cristiano Ronaldo

World cup qualifications: Perezida wa Macedonia y'amajyaruguru yaburiye Cristiano Ronaldo

 Mar 28, 2022 - 03:23

Kuri uyu wa kabiri nibwo ku mugabane w'uburayi hari imikino ya nyuma ya kamarampaka mbere yo kumenya amakipe ya nyuma ajya mu gikombe cy'isi, aho North Macedonia izahura na Portugal.

Perezida wa North Macedonia witwa Stevo Pendarovski yaburiye ikipe y'igihugu ya Portugal na kapiteni wayo Cristiano Ronaldo, mbere yo gukina umukino wa nyuma wa kamarampaka ngo hamenyekane ikipe ijya mu gikombe cy'isi.

Ikipe y'igihugu ya North Macedonia izahura na Portugal ku mukino wa nyuma, nyuma y'uko iherutse gutsindira Abatariyani iwabo. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa kane aho Aleksandar Trajkovski cyaje mu minota y'inyongera kikayoyora ibyiringiro by'abatariyani.

Imbere y'ikipe y'igihugu y'Ubutariyani iherutse gutwara Euro mu mezi umunani ashize, Macedonia y'amajyaruguru nta mahirwe yahabwaga amahirwe yahabwaga na benshi.

Nyuma yo gutsinda abatariyani, perezida wa North Macedonia yateye ingabo mu bitugu abahungu be anababwira kuba bashyiramo imbaraga bakabona itike yo kujya mu gikombe cy'isi.

Perezida Pendarovski yanditse kuri twitter ati:"Iki ni igihe cyacu. Turi ku ntambwe imwe twegereye Qatar. Twishimiye ibyishimo mwaduhaye."

Perezida kandi yahise aburira Cristiano Ronaldo na Portugal ye yari imaze gutsinda Turkey ibitego 3-1, ndetse bakaba barahura kuri uyu wa kabiri.

Perezida Pendarovski ati:"Cristiano itegure, ni wowe ukurikira."

Intsinzi yo ku wa kane yari iya kabiri North Macedonia itunguye igihugu gikomeye muri iyi myaka. Mu kwa kane 2021 ubwo bari mu matsinda bashaka itike yo kujya mu gikombe cy'isi, North Macedonia yatsinze Ubudage ibitego 2-1.

Kuri ubu abakunzi ba ruhago bategereje kureba niba iyi Macedonia y'amajyaruguru yanatungura Portugal ikaba ishobora kubura mu gikombe cy'isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Perezida wa North Macedonia yaburiye Cristiano Ronaldo