World Cup 2022:Leta zunze ubumwe za Amerika zatsinze Iran ziherekeza Ubwongereza muri kimwe cya munani

World Cup 2022:Leta zunze ubumwe za Amerika zatsinze Iran ziherekeza Ubwongereza muri kimwe cya munani

 Nov 29, 2022 - 18:20

Ikipe y'igihugu ya Leta zunze ubumwe za America yabashije gutsinda Iran mu mukino w'ishiraniro biyihesha itike ya kimwe cya munani mu gikombe cy'isi.

Ni umukino wo mu itsinda B wabaye ku isaha ya saa 21:00 aho Leta zunze ubumwe za Amerika yagombaga gutsinda Iran kugira ngo igere muri kimwe cya munani, byayinanira ikaviramo mu matsinda.

Ni ibihugu bisanzwe bizwiho kutavuga rumwe mu ruhando rwa politiki bikaba ari bimwe mu byatumye abakunzi ba ruhago bitega kureba uko abakinnyi b'impande zombi bitwara muri uyu mukino.

Iran yari ifite amanota atatu yakuye kuri Wales yari yizeye ko ninganya uyu mukino ikomeza, mu gihe Leta zunze ubumwe za America icyo zasabwaga ari ugutsinda gusa.

Abasore ba Leta zunze ubumwe za Amerika baje gukora ibyo basabwaga batsinda Iran igitego kimwe ku busa, igitego cyatsinzwe na Christian Pulisic ku munota wa 38 ku mupira yahawe na Sergino Dest.

Iran yagerageje kwishyura iki gitego mu gice cya kabiri ariko abasore ba Leta zunze ubumzwe za Amerika baba tayali babasha kurinda izamu ryabo babona itike ya kimwe cya munani.

Ku rundi ruhande ikipe y'igihugu y'Ubwongereza nayo yatsindaga ikipe ya Wales ibitego bitatu ku busa, ibitego bibiri byatsinzwe na Marcus Rashford mu gihe ikindi cyatsinzwe na Phil Foden.

Ibi byatumye Ubwongereza bwabaye ubwa mbere buzahura na Senegal muri kimwe cya munani, mu gihe Leta zunze ubumwe za America zizahura n'Ubuhorandi.