Umunyamabanga wa FERWAFA yahagaritswe mu kazi yari amazemo amezi asaga atanu

Umunyamabanga wa FERWAFA yahagaritswe mu kazi yari amazemo amezi asaga atanu

 Jun 20, 2022 - 07:50

FERWAFA yatangaje ko yahagaritse umunyamabanga wayo Muhire Henry, bitewe n'amakosa yakoze mu kazi yinjiyemo muri Mutarama.

Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryatangaje ibi mu itangazo ryanyujije ku mbuga zayo nkoranyambaga.

FERWAFA yashize hanze itangazo igira iti:"Uyu munsi tariki 20 Kamena 2022, Ferwafa yahagaritse Muhire Henry Brulant ku mirimo ye yo kuba Umunyamabanga Mukuru, kubera ibyo abazwa mu nshingano yari afite. Komiseri Ushinzwe Amategeko azaba afashe izi nshingano by’agateganyo."

N’ubwo FERWAFA ivuga ko yahagaritse Muhire by'agateganyo, hari amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yirukanwe burundu bakaba bateganya kumusezerera binyuze mu nzira zemewe n'amategeko.

Muhire Henry yahagaritswe ku nshingano ze muri FERWAFA

Ku kibazo cya Rwamagana City na AS Muhanga, byavuzwe ko umwe mu bacyihutishaga, harimo Muhire na Komiseri ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA.

Tariki 06 Mutarama 2022 nibwo Muhire Henry yemejwe nk'umunyamabana mushya wa FERWAFA, aho yari  asimbuye Iraguha David wari umunyamabanga w'umusigire nyuma ya Uwayezu weguye tariki 12 Nzeri 2021.