Umusimbura wa Shabani muri Gasogi yageze mu Rwanda

Umusimbura wa Shabani muri Gasogi yageze mu Rwanda

 Jul 15, 2022 - 09:01

Ahmed Abdelrahman Adel wigeze gutoza Musanze FC yamaze kugera mu Rwanda, aho byitezwe ko arasimbura Mbarushimana Shabani muri Gasogi United

Ahmed Abdelrahman Adel ukomoka muri Misiri akaba wanatoje ikipe ya Musanze FC yamaze kugera mu Rwanda aho bivugwa ko aje gutoza ikipe ya Gasogi United.

Uyu mugabo aje nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Nyakanga 2022 Gasogi United yasezeye uwari umutoza wayo Shabani Mbarushimana imushimira uko babanye mu bihe byose byatambutse.

Mbarushimana yasigaranye iyi kipe mu mwaka ushize w'imikino, nyuma y'uko Gasogi United yari imaze gutandukana na Guy Bukasa ukomoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Bivugwa ko Ahmed Abdelrahman ari we ugomba gutoza Gasogi United mu mwaka utaha w’imikino wa 2022-23 ndetse akaba agomba kwerekanwa mu gihe cya vuba, dore ko yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Nyakanga 2022.

Ahmed Adel bivugwa ko aje gutoza Gasogi United(Net-photo)