Ukraine yivuganye abakekwagaho kuba abicanyi bo mu Burusiya

Ukraine yivuganye abakekwagaho kuba abicanyi bo mu Burusiya

 Jul 13, 2025 - 21:09

Igihugu cya Ukraine cyahitanye abicanyi yemeza ko boherejwe n’Urwego rw’Umutekano rw’u Burusiya (FSB) bahitana Colonel Ivan Voronych, umusirikare wo mu rwego rwo hejuru mu rwego rw'umutekano muri Ukraine (SBU).

Colonel Ivan Voronych  w’imyaka 50, yarashwe amasasu atanu mu murwa mukuru Kyiv mu minsi itatu ishize hakoreshejwe imbunda nto ikoranye ikoranabuhanga ryo kudasohora amajwi bikabije.

Nyuma y’ubwicanyi, abo bicanyi bagerageje kwihisha bikomeye ndetse no guhisha ibimenyetso ariko SBU n’igipolisi cy’igihugu bakomeje kubashakisha kugeza ubwo basanzwe bakiri mu murwa mukuru  Kyiv.

Mu kubageraho, aba bicanyi bashatse kurwanya inzego z'umutekano bararaswa bitaba Imana.

Mu byatangajwe ni uko mu bicanyi harimo umugore w'imyaka 34 y'amavuko witwa Narmin Guliyeva, gusa umugabo bari kumwe ntabwo higeze hatangazwa imyirondoro ye.

Colonel Voronych wishwe yari umwe mu bayobozi bakomeye mu gace k’ibikorwa bidasanzwe ka SBU, aho yari ayoboye igice gikora ibikorwa bihishe bya Ukraine.

Colonel Ivan Voronych wishwe n'abakekwa ko bavuye mu gihugu cy'Uburusiya

Intambara hagati y'Uburusiya na Ukraine irarimbanyije