Ubuto bw'igihugu ni imbogamizi ku bahanzi

Ubuto bw'igihugu ni imbogamizi ku bahanzi

 May 3, 2024 - 15:41

Umuhanzi Yampano uri mu bagezweho muri iyi minsi mu muziki Nyarwanda, avuga ko uretse kuba nta bashoramari bari mu muziki nyarwanda, bikaba bituma utazamuka, avuga ko no kuba abahanzi ari benshi kandi igihugu ari gito, nabyo bibera imbogamizi abahanzi mu iterambere ryabo cyane cyane abakizamuka.

Mu kiganiro Yampano yagiranye na The Choice Live, avuga ko kenshi abantu bavuga imbogamizi abahanzi nyarwanda bahura nazo mu iterambere ryabo, bakibagirwa ko no kuba umubare w’abahanzi ukomeza kuzamuka kandi igihugu kitiyongera nabyo ari imbogamizi.

Akomeza avuga ko kuba igihugu ari gito kandi gituwe n’abantu bake, bituma abahanzi bakuru ari bo biharira ibitaramo, ugasanga umuhanzi ukizamuka bimugora cyane kuba yabona aho yataramira ngo amenyekane cyangwa se yaba yahabonye ugasanga ari gukorera ubuntu cyangwa se akahakura atagira icyo amufasha akora indirimbo.

Uyu muhanzi aherutse kumvikana yitendeka kuri Bruce Melodie, avuga ko atajya afasha abahanzi bato (Bakizamuka) ngo nabo babe bamenyekana, gusa nubwo yavugaga ibi we, yari agamije kugira ngo avugwe gusa n’ibihangano bye bimenyekane, ariko ko mu busanzwe atemeranya n’abavuga ko umuhanzi mukuru aba agomba gufasha umuto, uko na we aba akeneye kugira aho agera.

Yampano ni umwe mu  bahanzi bakoze indirimbo bakagira amahirwe ikamenyekana ndetse ikabacira amayira, gusa kuri we avuga ko adateganya vuba ibyo gushyira hanze album.