T-Pain yahawe urufunguzo anitirirwa umuhanda

T-Pain yahawe urufunguzo anitirirwa umuhanda

 Nov 13, 2024 - 18:59

Umuhanzi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika T-Pain ibyishimo ni byose nyuma yuko ahawe urufunguzo rw'umujyi wa Tallahassee avukamo, akanitirwa umuhanda muri uwo mujyi uri muri leta ya Florida.

Mu rwego rwo kumuha icyubahiro ku bw’isano afitanye n’umujyi yavukiyemo, T-Pain ubu afite umuhanda wamwitiriwe i Tallahassee, muri Leta ya Floride.

Mu muhango wabaye ku ya 10 Ugushyingo, umujyi Tallahassee wahaye uyu muhanzi urufunguzo rw’umujyi, maze banahindura igice cy’umuhanda wa Pasco bawita “T-Pain Lane,” bamushimira ingaruka yagize ku muziki ndetse no mu baturage baho.

T-Pain yitiriwe umuhanda mu gace avukamo 

Umuyobozi wa Tallahassee, John Dailey, yashimye T-Pain nk’intwari kavukire wabaye ikitegererezo ku bafana ku isi yose, mu gihe T-Pain we yavuze ko icyubahiro yahawe ari inzozi ze zabaye impamo.

T-Pain uretse kwitirirwa umuhanda yanahawe urufunguzo rw'umujyi wa Tallahassee