Shakira yavuze urwo akunda umuziki wa Africa n’abahanzi baho akunda

Shakira yavuze urwo akunda umuziki wa Africa n’abahanzi baho akunda

 Jun 14, 2024 - 13:08

Umuhanzikazi wo muri Colombia, Shakira, yahishuye ko akunda umuziki wa Africa cyane, by’umwihariko indirimbo zo mu njyana ya Afrobeats, anavuga urwo akunda umuhanzi Burna Boy na Tyla bahagaze neza muri Africa.

Mu kiganiro yagiranye na Rolling Stone, Shakira yahishuye ko ari umufana ukomeye w’umuziki wa Africa cyane injyana ya Afrobeats.

Uyu muhanzikazi w’imyaka 47 y’amavuko kandi yavuze ko akunda umuhanzikazi Tyla ukomoka muri Africa y’Epfo ukomeje kwandika amateka ku Isi, ariko avuga ko akunda Burna Boy cyane kumurusha.

Yagize ati “Nkunda Afrobeats cyane, kunda Tyla ariko ngakunda Burna Boy cyane kumurusha.”

Shakira avuga ko kuri we umuziki mwiza ari uvuga ibintu bya nyabyo, utabeshya kandi ufite icyerekezo.

Shakira yahishuye ko ari umufana w'umuziki wa Africa, ndetse ko akunda Burna Boy na Tyla