Post Malone yakoze igikorwa cyakoze benshi ku mutima

Post Malone yakoze igikorwa cyakoze benshi ku mutima

 Jan 8, 2025 - 21:45

Umuraperi ukomoka muri Amerika, Post Malone yakoreye umufana igikorwa gisanzwe kimenyerewe ku baraperi nka Drake, nyuma yo guha umufana we witwa Renee Brown, amadorari ibihumbi 20, arenga miliyoni 20 mu z’amanyarwanda.

Ibyo byabaye ubwo Malone yari mu kiruhuko cy’iminsi mikuru akanyura mu kabari kitwa Railyard gaherereye i Houston aho yabonye uko Renee akora amanywa n'ijoro ataruhuka bikamukora ku mutima.

Byongeye kandi, Malone yahisemo guha ayo mafranga uyu mukobwa nyuma yo kumva neza amateka ye aho yakoraga cyane kugira ngo yubake ubuzima bwe nyuma yo guhura n’ibibazo mu ntangiriro za 2024.