Paul Pogba byitezwe ko ashobora kuva muri Manchester United ubwo uyu mwaka w'imikino uzaba urangiye, yakoze igisa n'ikimenyetso cya nyuma ko agomba kugenda aho yamaze kuva muri group ya whatsapp ya Manchester United.
Umutoza Ralf Rangnick aherutse gutangaza ko nta wundi mukino Paul Pogba azakinira Manchester United muri uyu mwaka w'imikino kubera imvune, ndetse anavuga ko bititezwe ko azongera amasezerano muri iyi kipe amazemo imyaka isaga itandatu.
Bigaragara ko Paul Pogba agiye kuva muri Manchester United ku buntu, nyuma y'uko yari yayigarutsemo mu 2016 ariwe mukinnyi uguzwe amafaranga menshi ku isi aho yaguzwe miliyoni 89 z'amapawundi.
Pogba arifuzwa na Real Madrid hamwe na PSG(Image:Getty)
Kuri ubu biravugwa ko amakipe abiri ariyo Real Madrid na PSG ariyo makipe amaze kwegera Paul Pogba amusaba kuzayasinyira muri Kanama ubwo azaba asoje amasezerano ye muri Manchester United.
Real Madrid yasinyishije David Alaba mu mwaka ushize ku buntu ubwo yavaga muri Bayern Munich, ndetse ubu ishaka gusinyisha Pogba, Mbappe na Rudiger, bose bari gusoza amasezerano mu makipe yabo.
N'ubwo ikipe Paul Pogba azerekezamo itaramenyekana neza, ikigarahara nuko atazakinira Manchester United mu mwaka utaha. Kuri ubu uyu musore yamaze kuva muri group ya whatsapp abakinnyi ba Manchester United basanzwe bakoresha mu rwego rwo gukomeza kuba hamwe.
