P Diddy azasubizwa mu cyumweru gitaha

P Diddy azasubizwa mu cyumweru gitaha

 Nov 23, 2024 - 11:30

Nyuma y'uko umuraperi P Diddy yari aherutse gusaba gutanga ingwate agakurikiranwa ari hanze ya gereza, urukiko rwa New York rwamubwiye ko mu cyumweru gitaha aribwo ruzafata umwanzuro ku busabe bwe.

Ku wa gatanu, Sean “Diddy” Combs yongeye kugaragara mu rukiko rwa New York aho akomeje gusaba ko yatanga ingwate kugira ngo abe arekuwe by’agateganyo mu rubanza arimo gushinjwa uburiganya n’icuruzwa ry’abantu.

Abamwunganira basabye ko yarekurwa mu by’agateganyo, harimo no gufungirwa mu nzu y’ibyumba bitatu munsi y’amasaha 24 n’abashinzwe umutekano. Icyakora, abashinjacyaha bavuze ko Diddy adashobora kugirirwa ikizere cyo gukurikiza amategeko y’urukiko.

P.Diddy arasaba gufungurwa by'agateganyo 

Abashinjacyaha bashimangiye ko uru rubanza rwerekeye “ubugome”, bityo ko akwiye gucungirwa umutekano.

Diddy wahakanye ibyaha byose aregwa, yagaragaye agaragariza umuryango we urukundo mu rukiko, ariko abashinjacyaha bibukije umucamanza amashusho arimo gukorera urugomo uwahoze ari umukunzi we, Cassie.

Bavuze ko iyi videwo ari ikimenyetso cy’ubugome bwa Combs, n’ubwo abamwunganira bavuze ko ari impaka zisanzwe mu mubano wagenze nabi.

Biteganijwe ko icyemezo cy’urukiko ku ngwate giteganijwe mu cyumweru gitaha.