"Nintsindwa na APR ndaba ngambaniye umupira"-KNC yarahiriye gutanga ibirori bikomatanyije no gutsinda APR FC

"Nintsindwa na APR ndaba ngambaniye umupira"-KNC yarahiriye gutanga ibirori bikomatanyije no gutsinda APR FC

 Dec 2, 2022 - 05:33

Perezida wa Gasogi United Kakooza Nkuliza Charles yarahiriye gutsinda ikipe ya APR FC bakubikiranye ku rutonde rwa shampiyona atazi uko kuyitsinda muri shampiyona bimera.

Kuri uyu wa Gatanu ku isaha ya saa 19:00 nibwo kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo haraza kuba hari kubera umukino utoroshye wa shampiyona y'u Rwanda, aho Gasogi United iraba yakiriye ikipe ya APR FC.

Ni umukino utoroshye habe na gato kuko ari amakipe akurikiranye ku rutonde rwa shampiyona kandi akaba ari mu makipe y'imbere. APR FC ifite amanota 19 iri ku mwanya wa kane, mu gihe ikurikiwe na Gasogi United iri ku mwanya wa gatanu ifite amanota 18.

Perezida wa Gasogi United Kakooza Nkuliza Charles avuga ko yiteguye gutsinda ikipe ya APR FC, dore ko mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda yavuze amagambo asa n'ayo yavuze ajya guhura na Kiyovu Sports mu mwaka ushize w'imikino avuga ko natsindwa na APR FC araba agambaniye umupira w'amaguru w'u Rwanda.

KNC yarahiriye gutsinda APR FC(Net-photo)

Ni umukino watevuwe ku buryo bukomeye cyane ndetse kuko haraza kuba hari ibyo kurya n'ibyo kunywa ku buryo umuntu ataraza kwicwa n'inyota cyangwa inzara muri sitade.

Abateguye kandi baje gutekereza ko turi mu gihe kiri kubamo imikino y'Igikombe cy'isi kiri kubera muri Qatar, ndetse saa 17:00 hakaba hari umukino utegerejwe n'abanyafurika benshi aho Ghana iraza kuba itana mu mitwe na Uruguay.

Abenshi batehereje kureba ko ikipe ya Ghana iza kwihorera kuri Uruguay yayisezereye mu 2010 Luis Suarez akuramo umupira n'intoki maze Asamoah Gyan penariri akayirata. KNC avuga ko abitabira umukino wa Gasogi United na APR FC baraza kureba uyu mukino wa Ghana na Uruguay kuri televizio za rutura ziraza kuba ziri muri sitade.

Kuva Gasogi United yaza mu kiciro cya mbere mu 2019 imaze gukina imikino itatu na APR FC aho iyo mikino yose APR FC yayitsinze. Muri iyo mikino, APR FC yatsinzemo ibitego birindwi mu gihe Gasogi United yo yatsinzemo ibitego bitatu.

Gasogi United ntiratsinda APR FC muri shampiyona(Net-photo)