Mu itangazo yashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukuboza 2024, Kirikou yiseguye ku bakunzi be bari bamutegereje muri iki gitaramo kiswe 'Ganza Album Lounch', ku bwo kuba atakibashije kuboneka ku munota wa nyuma.
Kirikou yavuze ko uku kwikura mu gitaramo ku munota wa nyuma, byatewe n'uko habayeho kutumvikana hagati ye n'abateguye iki gitaramo.
Yavuze ko yohereje ikipe ye ngo ize gukurikirana imyiteguro y'iki gitaramo, ariko ntibabasha kubikemura ari byo byatumye atitabira.
Yakomeje avuga ko mu by'ukuri nawe yababajwe no kuba atabashije kuza kwishimana n'abakunzi be.
Ibi yabitangaje mu gihe haburaga amasaha make ngo iki gitaramo cyabereye muri Kigali Universe gitangire.
