Ni nyuma y’uko Kanye West yateje impagarara mu ijoro ryo kuwa mbere nyuma yo kuvuga amagambo ataravuzweho rumwe. Kuri X, yavuze ko nta ko abana ba Jay-Z na Beyoncé bangiritse mu mutwe. Kanye yanditse ati: "Ese hari umuntu wigeze abona abana bato ba Jay-Z na Beyoncé? Bangiritse mu mutwe."
Amagambo ye ntiyagarukiye aho; Kanye yafashe ijambo rirerire ku bijyanye no kubyara ariko watwitiwe n’undi muntu abihuza no kwangirika mu mutwe, agira ati: "Iyi niyo mpamvu gutwitirwa n’undi muntu ari umugisha ukomeye kandi kubyara abana bangiritse mu mutwe ni amahitamo."
Aya magambo yarakaje cyane abafana ba Jay-Z na Beyonce, birangira Kanye asibye ubwo butumwa, n’ubwo yavuze ko atabusibye kubera kwicuza, ahubwo ari ukubera ko yatinyaga ko konte ye ya X izafungwa.
Benshi bateye amabuye Kanye West ko atiyubashye kandi akwirakwiza ibitekerezo bibi kuri aba bahanzi bazwi ku isi.
