FIFA yongereye igihe k’ikiruhuko ku mukino wa nyuma w'igikombe k'Isi

FIFA yongereye igihe k’ikiruhuko ku mukino wa nyuma w'igikombe k'Isi

 Jul 15, 2026 - 17:00

Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo hakinwe umukino wa nyuma w'igikombe cy'isi cya 2026, FIFA yongereye igihe k'ikiruhuko k'igice cya mbere kiva ku minota 15 gishyirwa ku minota 30, hagamijwe gutanga umwanya uhagije w'igitaramo kizaba hagati y'igice cya mbere n'icya kabiri.

Amategeko agenga umupira w'amaguru ateganya ko ikiruhuko k'igice cya mbere kitagomba kurenza iminota 15. Icyakora, FIFA yafashe icyemezo cyo kugikuba kabiri, bivuze ko izaba irenze ku mategeko ubwayo ishinzwe kubahiriza.

Si ubwa mbere FIFA ifashe icyemezo nk'iki kuko ku mukino wa nyuma wa FIFA Club World Cup wabaye mu 2025 wahuje Chelsea na Paris Saint-Germain, ikiruhuko k'igice cya mbere cyamaze iminota 25 kugira ngo habeho igitaramo cy'imyidagaduro.

Ku nshuro ya mbere mu mateka y'igikombe cy'isi, hazabaho gususurutsa abazitabira umukino wa nyuma, mu gitaramo kizaba kirimo abahanzi b'ibyamamare ku rwego mpuzamahanga barimo Madonna, Shakira, BTS na Justin Biebe, Burna Boy ndetse na PS22 Chorus.

Icyemezo cya FIFA cyakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bafana bavuga ko igikombe cy'isi kiri gutangira gufatwa nka Super Bowl aho gushyira imbere umupira w'amaguru.

Nubwo iki gitaramo gitegerejwe na benshi, icyemezo cyo kongera ikiruhuko cyo hagati y'umukino gikomeje guteza impaka, aho bamwe bavuga ko ari intambwe nshya mu myidagaduro, mu gihe abandi babona ko gihabanye n'amategeko y'umupira w'amaguru.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien