Nyuma y'uko umutwe wa M23 ukomeje kujujubya ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, mu ntambara ibahanganishije, Leta yahisemo guhuruza abahoze mu gisirikare.
Minisitiri w'ingabo muri Congo Kinshasa Gilbert Kabanda yagiranye inama n'abahoze mu gisirikare, maze ababwira ko umusanzu wabo ukenewe.
Minisitiri Kabanda ubwo yari imbere y'itangazamakuru yagize ati "Murabizi no muri Ukraine, mu rugamba ihanganyemo n’u Burusiya, ntabwo ari abasirikare gusa bari ku rugamba, harimo n’abaturage baje kuyifasha. Natwe twiyambaje abana bacu ngo bagende bafashe igisirikare cyacu kugira ngo birukane umwanzi.”

Minisitiri w'ingabo muri Congo Kinshasa Gilbert Kabanda aratabaza abahoze mu gisirikare
Uretseko nubwo Minisitiri Kabanda yatabaje abahoze mu gisirikare, n'ubundi ingabo za Congo zitabaje imitwe yitwaje intwaro yo muri iki gihugu ariko urugamba rukomeza kubagora.
Nubwo FARDC igiye kuzana abahoze mu gisirikare, ariko igihe nabwo yazanaga abacanshuro bakomoka mu Burusiya nabwo bumva urugamba rugiye koroha, ariko byarananiranye.
EAC yatangiye iperereza ku ruhande rwubuye imirwano hagati ya M23 na FARDC
Inzego zinyuranye mu muryango wa Afurika y'Iburasirazuba, zatangiye iperereza ku wongeye kwadura imirwano hagati ya FARDC na M23 nyuma y'uko M23 yari yahagaritse imirwano.
Tariki ya 07 Werurwe, nibwo umutwe wa M23 watangaje ko wahagiritse imirwano n'ingabo za Congo FARDC, ariko n'ubundi nyuma y'amasaha make yahise yongera iraduka.
Imirwano ikimara kwaduka, impande zose zitanye ba mwana ku watangije imirwano, ari nabyo byazanye inzego zinyuranye muri EAC ngo zisuzume uwabitangije.

Inzego za EAC ziri muri DRC kugira ngo zisuzume uwaduye imirwano hagati ya M23 na FARDC
Tariki ya 09 Werurwe, nibwo inzego zinyuranye muri EAC harimo: Urwego rushinzwe umutekano ku mipaka muri aka Karere ( EJMC), ingabo za EAC zizwi nka EACRF, ndetse n'urwego rushinzwe ubugenzuzi zageze muri Congo.
Abahagarariye izi nzego bakaba barasuye agace ka Sake na Mubambiro twose duherereye muri Masisi ari naho impande zose zatangarije ko ariho zashotorewe.
Magingo aya nubwo izi nzego ziri mu iperereza, ariko n'ubundi urugamba rurambikanye ubudatuza hagati y'impande zombi.
