Cristiano Ronaldo yabwiwe gufunga umunwa nyuma yo gutanga amabwiriza ku mutoza uzatoza Manchester United

Cristiano Ronaldo yabwiwe gufunga umunwa nyuma yo gutanga amabwiriza ku mutoza uzatoza Manchester United

 Jan 7, 2022 - 11:59

Umwongereza witwa Trevoh Sinclair yabwiye Cristiano Ronaldo gufunga umunwa nyuma y'uko bivuzwe ko yavuze ko nihaza umutoza Ronaldo atishimiye azava muri Manchester United.

Ikipe ya Manchester United iherutse kuzana Ralf Rangnick nk'umutoza ugomba kuyitoza kugeza uyu mwaka w'imikino urangiye. Uyu mugabo akaba yarazanwe nyuma yo kubona ko Ole Gunnar Solskjaer wayitozaga ntaho yaganaga.

Gusa n'ubwo uyu mudage yazanwe ngo azahure iyi kipe, bisa n'aho nawe biri kumwangira kuko gutsinda muri iyi kipe byabaye ingume ikaba ikomeje kugaragurika.

Ikinyamakuru kitwa Daily star kivuga ko Cristiano Ronaldo yaba yiteguye kuva muri iyi kipe mu gihe yasanga umutoza w'igihe kirekire uzanwe atamwemera dore ko uyu mugabo yaba asigaje amasezerano y'umwaka muri Manchester United.

Inkuru zitandukanye zigakomeza kuvuga ko uyu mugabo yaba akomeje kugira inama ubuyobozi bwa Manchester United ku batoza batandukanye bashobora gutoza iyi kipe guhera mu mwaka utaha w'imikino wa 2022-2023.

Gusa ibi ntibyashimishije abakunzi b'iyi kipe ndetse n'abandi bakunzi ba ruhago batandukanye harimo n'umwongereza w'imyaka 48 witwa Trevor Sinclair.

Trevoh Sincalair yahoze akinira ikipe ya Manchester City ndetse iyi kipe habuze gato ngo isinyishe Cristiano Ronaldo mu mpeshyi ishize mbere y'uko Manchester United ibijyamo ngo imutware.

Gusa Sinclair avuga ko ikipe ya Manchester City yagize amahirwe yo kurokoka iza rya Cristiano Ronaldo kuko ubu ari guteza ibibazo kwa mukeba i Old Trafford.

Ndetse Trevoh Sinclair yabwiye Cristiano Ronaldo guceceka nyuma y'uko bivugwa ko yavuze ko nihaza umutoza adashaka azahita anyurana nawe akagenda.

Sinclair yabwiye TalkSport ati:"Ntangiye gutekereza ko Manchester City yakwepye isasu ubwo itasinyishaga Cristiano Ronaldo, ndi kubitekereza pe.

"Reba bamwe mu bakinnyi bari kugorwa na forume(form) muri Manchester United, abakinnyi bakiri bato, Sancho, Rashford, mu by'ukuri bari kurwana no gukora neza.

"Ushobora kunenga Cristiano Ronaldo. Menya inshingano zawe, menya inshingano zawe. Uri umukinnyi w'umupira w'amaguru, wahawe akazi n'ikipe.

"Funga umunwa wawe kuko hari igihe aba aricyo kintu kiza wakora. Ari guteza ibibazo byinshi cyane muri iriya kipe.

"Si ukuvuga gusa ukuntu yabuze ibitego muri iyi minsi, ariko hagati aho Ole yaragiye na Carrick aragenda ndetse yanamushyize hanze ku mukino."

Trevoh Sinclair kandi anashidikanya ku kuba Cristiano Ronaldo yaba ashishikajwe na Manchester United mu mutima we, mu bihe iyi kipe iri kurwana no kuboneka mu makipe ane ya mbere ngo izakine Champions league mu mwaka utaha w'imikino.

Yongeyeho ati:"Ndatekereza ko ari igura byagaragaraga ko ikipe iguze neza ariko biri kure yo kugura neza."

Uyu mugabo kandi akomeza avuga ko Cristiano Ronaldo yaba yaranze kujya muri Manchester City kuko yabonaga atakora ibyo ashaka imbere ya Pep Guardiola ahubwo akajya kwa Ole Gunnar Solskjaer muri Manchester United.

Trevoh Sinclair yavuze amagambo akomeye kuri Cristiano(Image:Daily express)

Cristiano arashinjwa guteza ibibazo muri Manchester United(Image:Mirror)