Ballon d’Or ni igihembo gitangwa n’igitangazamakuru France football. Ni igihembo cyatanzwe bwa mbere mu 1956 gitwarwa n’umukinnyi w’ubwongereza Sir Stanley Matthews.
Iki gihembo cyaje kwihuza n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru FIFA mw’itegura n’itangwa ry’igihembo cy’umukinnyi mwiza kw’isi mu mwaka wa 2010 icyo gihembo cya FIFA Ballon d’Or cyatwawe na Lionel Messi.
Aba bombi kandi baje gutandukana nyuma y’imyaka itandatu gusa kuko 2016 nibwo France Football yatangaje ko itakirimo gukorana na FIFA igihembo cya nyuma aba bombi bateguranye ni FIFA Ballon d’Or ya 2015 yatwawe na Lionel Messi.
kuva icyo gihe Ballon d’or yakomeje gutanga ibihembo byayo nk’uko byari bisanzwe. Umukinnyi watwaye Ballon d’Or yambere kuva itandukanye na FIFA ni Cristiano Ronaldo 2016.
Iki gihembo cyongeye gutangaza abantu uyu mwaka wa 2021 nyuma y’uko umwaka ushize 2020 kitabaye kuko habayeho icyorezo cya coronavirus bituma gisubikwa nyamara abantu benshi bari bitezeko kizahabwa umunya Poland Robert Lewandowski.
Iki gihembo cyaherukaga gutwarwa na Lionel Messi ahigitse Cristiano Ronaldo na Virgil Van Dijk mu 2019.
Abakinnyi bamaze gutwara iki gihembo kurusha abandi ni Lionel Messi umaze kugitwara inshuro 6 na Cristiano Ronaldo umaze kugitwara inshuro 5.
Iki gihembo cyamaze gutangaza abahatana 30 higanjemo abakinnyi batoranjijwe ku nshoro yabo ya mbere muri iki gihembo.
bamwe mu bakinnyi bahabwa amahirwe kurusha abandi harimo Lionel Messi, Cristiano Ronaldo, Jorginho na N’Golo Kante.
kuki bahabwa amahirwe kurusha abandi???
Uhabwa amahirwe kurusha abandi ni Lionel Messi. Yabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri LaLiga Santander yo muri Espane aho yatsinze ibitego 25 ari muri Fc Barcelona.
Lionel Messi yatwaye igikombe cya Copa América ninawe mukinnyi watsinze ibitego byinshi muri iryo rushanwa akaba ari nawe watanze imipira myinshyi Ivamo ibitego. Yatsinze ibitego 4 agatanga imipira 5 ivamo ibitego. Lionel Messi kandi yatwaye igikombe cy’umwami muri Espane kizwi nka Copa Del Rey ubwo yari muri Fc Barcelona .ibyo byose bikiyongeraho Ubuhanga budasanzwe uyu mugabo azwiho n’igikundiro afite mu bantu. Ibyo bimugira umukinnyi ufite amahirwe yo gutwara iki gihembo cya Ballon d’or ku nshuro ye ya 7.
Undi Mukinnyi uhabwa amahirwe ni Cristiano Ronaldo basanzwe bahatana.
Cristiano Ronaldo ni umwe mu bahabwa amahirwe menshi yo gutwara iki gihembo bitewe n’umwaka yagize wa 2020 ndetse n’ibyo akomeje gukora kugeza ubu.
Cristiano Ronaldo yabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi kurusha abandi muri Italian Serie A ubwo yari muri Juventus aho yatsinze ibitego 29.
Cristiano Ronaldo yabaye Umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu irushanwa ry’ibihugu by’iburayi rizwi nka Euro aho yatsinze ibitego 5 muri iryo rushanwa rya Euro 2020.
Ibyo byose bikiyongeraho ko akomeje gutsinda ibitego umusubirizo muri Manchester United. Ibyo bishobora gutuma ahabwa iki gihembo ku nshuro ye ya 6 byatuma ashyikira mugenzi Lionel Messi.
Jorginho nawe ni undi mukinnyi uhabwa amahirwe menshi yo kwegukana iyi Ballon d’Or yaba ari iyambere kuri we kuko Jorginho yatwaye igikombe cya UEFA champions league 2020 ari kumwe n’ikipe ya Chelsea batsinzemo Manchester City igitego 1-0.
Jorginho Kandi yatwaye igikombe cya Euro 2020 ari kumwe n’ikipe ye y’uburatiyani (Italy) batsinze abongereza ku mukino wa nyuma kuri Penaliti nyuma yo kunganya igitego 1-1.
ibyo byose bituma Jorginho ahabwa amahirwe menshi gusa ntibikuraho ko hari n’abandi bakinnyi bahabwa amahirwe yo gutwara iki gihembo harimo nka N’Golo Kanté na Robert Lewandowski nabo bagize umwaka mwiza wa 2020.
