Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’inzego za leta ku munsi w'ejo ku wa Kane, ubuyobozi bwavuze ko guhera ubu, inshingano zo gutegura, kugenzura no kuyobora amatora mu gihugu zigiye guhabwa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.
Iyo komisiyo yari isanzwe yigenga, ariko ubu igikorwa cyo gutegura amatora kigiye kujya gikorwa mu buryo bw’imbere mu nzego za leta, ibintu bamwe babona nk’intambwe iganisha ku kongera kugenzura inzego z’ubutegetsi nyuma y’imyaka myinshi y’umutekano mucye n’ibibazo bya politiki.
Ibyo bije byiyongera ku zindi mpinduka zitandukanye zakozwe n’ubutegetsi bwa gisirikare kuva bwafata ubutegetsi mu 2022, mu mugambi bwatangaje wo kugarura umutekano no kwimakaza "ubusugire n’ubwigenge bw'igihugu."
