Arsenal yasabwe gutanga umukinnyi wayo ukomeye ngo ibone umukinnyi ishaka

Arsenal yasabwe gutanga umukinnyi wayo ukomeye ngo ibone umukinnyi ishaka

 Jan 16, 2022 - 07:29

Juventus yasabye Arsenal ko yabaha Thomas Partey mu rwego rwo kubona Umunya-Brazil Arthur Melo wifuzwa cyane i Emirates.

Kuri iyi nshuro mu gihe Arsenal ishaka gusinyisha Arthur Melo ukinira Juventus, iyi kipe yasabye Arsenal ko mu byo baganira hajyamo Thomas Partey umaze igihe kitari kinini ageze muri Arsenal.

Arsenal iri kureba uko yakongera imbaraga mu bakinnyi bayo kugira ngo ibone uko ihigika Tottenham, Manchester United na West Ham United bahanganiye umwanya wa kane ngo yongere gukina champions league nyuma y'imyaka myinshi.

Miriyoni 150 z'amapawundi zakoreshejwe ku isoko mu mpeshyi ishize zafashije Mikel Arteta mu ikipe ye, ariko aracyafite ikibazo hagati mu kibuga akaba ari nayo mpamvu yifuza Arthur Melo.

Icyuho cyarushijeho kugaragara nyuma y'uko Granit Xhaka abonye ikarita itukura mu mukino Arsenal yakinaga na Liverpool muri Carabao cup. Ibi byabaye mu gihe Mohamed Elneny na Thomas Partey nabo bari mu gikombe cya Afurika.

Mikel Arteta yifuza cyane Arthur Melo byagaragaye ko atari kubona umwanya uhagije kuva Massimiliano Allegri yagaruka muri Juventus.

Mu minsi ishize byavuzwe ko Juventus yari yiteguye kureka Arthur Melo akagenda nk'intizanyo, ndetse ikinyamakuru Goal Brazil cyari cyatangaje ko Arsenal yaba yamaze kumvikana n'umukinnyi ku giti ke.

Arthur Melo amaze kubanza mu kibuga imikino itatu gusa muri uyu mwaka w'imikino ndetse nawe akaba yifuza kuva muri iyi kipe ariko bikomeje kugorana kuba Juventus yamurekura.

Nk'uko bitangazwa na Sky Sports Italia, ikipe ya Juventus yasabye Arsenal ko nayo yabaha Thomas Partey mu rwego rwo kubona Arthur Melo.

Thomas Partey yabaye umukinnyi ngenderwaho mu mikino yakiniye Arsenal kuva yava muri Atletico Madrid mu mwaka w'imikino ushize n'ubwo yabanje kugira ibibazo by'imvune ariko ubu ameze neza.

Amakuru akomeza kuzamuka avuga ko ikipe ya Juventus izemera kurekura Arthur Melo ari uko agomba kubisikana na Thomas Partey akajya kuziba icyuho cye muri iyi kipe.

Igitekerezo cyo gusaba Thomas Partey, kuri benshi cyafashwe nko kunaniza Arsenal kuko mu minsi ishize umutoza Massimiliano Allegri yari yatangaje ko nta mukinnyi ashaka kurekura.

Allegri yagize ati:"Narabivuze, iyi niyo kipe yacu kandi dushaka gusoza umwaka w'imikino dufite aba bakinnyi dufite mu buryo bwiza bwose bushoboka.

"Ibi bivuze gusoza mu makipe ane ya mbere muri shampiyona ndetse tugakomeza muri champions league, kandi ku wa kabiri dufite Copa Italia. Turi kwigira imbere nk'ikipe, tugomba gukomeza gutuza."

Arsenal irifuza Arthur Melo ukinira Juventus(Image:The short fuse)

Juventus yasabye guhabwa Thomas Partey(Net-photo)