Myugariro Antonio Rudiger yongereye igitutu ku ruhande rwa Chelsea nyuma y'uko avuze ko muri Chelsea hari abazafata umwanzuro niba azahaguma cyangwa azava muri iyi kipe mu mpeshyi iza.
Amasezerano ya Rudiger ararangirana n'uyu mwaka w'imikino ndetse akomeje kuvugwa mu makipe atandukanye arimo Real Madrid, Bayern Munich, PSG n'ayandi.
Byavuzwe mu minsi ishize ko Chelsea yongeye kwegera Rudiger imusaba kongera amasezerano ndetse bemera ko yajya ahembwa ibihumbi 200 by'amapawundi ku cyumweru, ariko Rudiger akabatera utwatsi.
Antonio Rudiger aganira n'ikinyamakuru The Atletic, yatangaje ko we yakwishimira kuguma muri Chelsea ariko yongeraho ko Chelsea ariyo izafata umwanzuro niba azahaguma.
Rudiger yagize ati:"Hano numva nishimye, nahoze mbivuga. Ntekereza ko uburyo nkina ushobora kubibona ko nishimye. Ariko hari abandi bantu bagomba gufata imyanzuro."
Ku masezerano Antonio Rudiger afite ubu ahembwa ibihumbi bisaga 100 by'amapawundi ku cyumweru ndetse mu kwezi kwa munani mu 2021 Chelsea yashatse kumwongerera amasezerano ngo ajye ahembwa ibihumbi 140 by'amapawundi ku cyumweru ariko arabyanga.
Chelsea yarongeye izamura umushahara imuha ibihumbi 200 by'amapawundi ku cyumweru ariko nayo arayanga, ndetse bivugwa ko asaba ibihumbi 400 by'amapawundi ku cyumweru.
Mu magambo Antonio Rudiger atangaza buri munsi humvikanamo ko ashaka kuguma muri Chelsea ariko mu gihe iyi kipe yaba imuhaye ibyo yifuza. Ibi birakomeza gushyira igitutu kuri Chelsea bivuze ko we yiteguye kugenda igihe cyose batazamura umushahara we uko abyifuza.
Rudiger atangaza ko ashaka kuguma muri Chelsea(Image:London World)
Rudiger avuga ko Chelsea ariyo izafata umwanzuro(Image:Metro)
