Amber Rose akomeje kunamba kuri Donald Trump

Amber Rose akomeje kunamba kuri Donald Trump

 Jun 9, 2024 - 11:08

Umuraperikazi w'umunyamerika Amber Rose aratangaza ko ibirego Donald Trump yashinjwe n'inkiko ari ibintu bito cyane ku buryo bitamubuza kumutora, ndetse yerekana impamvu simusiga zizatuma ahubwo yegukana amatora y'Umukuru w'Igihugu ategerejwe.

Umuraperikazi, umunyamideli akaba n'umunyamakuru muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika Amber Rose Levonchuck amazina nyakuri ya Amber Rose, aremeza ko nta mpamvu n'imwe yatuma atazatora uwabaye Perezida wa USA Donald Trump mu matora ategerejwe mu mpera z'uyu mwaka.

Ku bwa Amber Rose, avuga ko kuba Trump aheruka gushinjwa ibyaha n'inkiko, biriya ari utuntu duto tutatuma adatorwa ku bwinshi, kandi akemeza ko kuri we azakomeza kuba inyuma ye kuko yemeza ko ari we ukwiye kujya muri WhiteHouse inzu y'Umukuru w'Igihugu muri Amerika.

Uyu muraperikazi yongeraho ko ibyo Trump ashinjwa, aho kuba byatuma atazatorwa, ahubwo agaragaza ko bizamwamamaza cyane, agahita yemeza ko nta kabuza agomba gutsinda amatora kuko biriya  ari bintu bito cyane.

Naho abajijwe ku bivugwa ko Trump agira politike ziheza abagore, yabyamaganye avuga ko ari ukumuharabika, nk'uko TMZ dukesha iyi nkuru ibyandika. 

Donald Trump wabaye Perezida wa USA guhera mu 2016 kugeza mu 2020 agatsindwa na Joe Biden, kuri ubu ashaka kongera kwiyamamaza, nubwo Urukiko ruheruka kumushinja ibyaha 34 birimo ibya ruswa n'uburiganya nubwo byose abihakana ikabyita impamvu za politike.

Amber Rose aremeza ko nta kizamubuza gutora Donald Trump