Abafana ba Selena Gomez barashinja Hailey Bieber kwigana mukeba we

Abafana ba Selena Gomez barashinja Hailey Bieber kwigana mukeba we

 Apr 18, 2023 - 04:04

Umwuka mubi hagati ya Hailey Bieber n'uwahoze ari umukunzi w'umugabo we, wakomereje mu bafana bashinja uyu mugore kwigana Selena Gomez.

Selena Gomez na Hailey Bieber bamaze igihe bafitanye amakimbirane, ndetse kuri iyi nshuro, abafana b'umwe bashinje mugenzi we kumwigana agatangiza ikiganiro cyo guteka.

Hailey Bieber arashinjwa n’abafana ba Selena Gomez kumwigana[Getty Images]

Bieber amaze gushyira ahagaragara ikiganiro yise “What’s in My Kitchen?” muri iki cyumweru, abakunzi ba Selena Gomez berekeje ku mbuga nkoranyambaga berekana ko gisa n’icy’umuhanzi bafana.

@Shetty_snigdha yaranditse ati: “Hailey rwose akeneye guhagarika kwigana Selena ndetse agakora ibye. Umuntu ku giti cye agira umwihariko kandi ntidushobora kuba uwo muntu nubwo twaba dukora ibintu nk'ibye.”

Hailey Bieber yasobanuye impamvu yatangije ikiganiro cyo guteka

Hagati aho, Bieber ubwe yasobanuye icyamuteye gutangiza iki kiganiro gishya abinyujije mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umunyamakuru wa Hollywood.

Abafana ba Selena Gomez bavuga ko Hailey Bieber yigannye uyu muhanzikazi na we usanzwe ufite ikiganiro nk’iki cyo guteka[Getty Images]

Mu magambo ye, Bieber yagize ati: “Nakunze guteka no gusangira amafunguro n’inshuti ku mbuga nkoranyambaga.”

Ati: “Gukora agashya ku muyoboro wanjye byampaye imbaraga rwose, kuko njye n’ikipe yanjye, nitwe  rwose twahombye ibintu byose kuva mu bitekerezo kugeza aho mu bibona, ndetse  mfite amashyushyu yo kureba uko abantu bose bazakira ikiganiro gikurikiraho.”