Zari yiteguye guhangana n'umuryango wo kwa Ivan Ssemwanga

Zari yiteguye guhangana n'umuryango wo kwa Ivan Ssemwanga

 Jul 20, 2024 - 14:42

Umunyemari Zari Hassan yanenze ku mugaragaro umuryango w'umugabo we wa mbere witabye Imana Ivan Ssemwanga ushaka kumuhuguza imitungo yasigiwe, akavuga ko yiyemeje guhangana na bo mu nkiko.

Umuherwekazi wo mu gihugu cya Uganda Zari Hassan ukunze kwitwa The Boss Lady, yanenze bikomeye umuryango w'umugabo we Ivan Ssemwanga witabye Imana mu 2017, aho abashinja kugambirira gutwara imitungo yasigiwe n'umugabo.

Mu butumwa bw'amashusho Zari yacishije kuri Snapchat, yavuze ko guhera umugabo we yapfa, umuryango wo ku mugabo utigeze ushishikazwa no kuba wamenya imibereho y'abana batatu umugabo yamusigiye, ahubwo bashaka kumuhuguza imitungo.

Agaragaza ko imitungo yari afite we n'umugabo we, bayivunikiye bari kumwe ko ntacyo umuryango wabafashije, akarenzaho ko ahubwo afata amafaranga ye akabafasha ariko ngo ntabwo bajya bashima.

Ashimangira ko atazihanganira  kubona umuryango w'umugabo we uhuguza umurage w'abana babyaranye ngo abireke gutyo, ko ahubwo agiye kubahagurukira akitabaza amategeko.