William Ruto yabonye nyirabayazana w'imyigaragambyo imugeze habi

William Ruto yabonye nyirabayazana w'imyigaragambyo imugeze habi

 Jul 17, 2024 - 17:33

Perezida wa Kenya William Ruto arashinja umuryango w'abagiraneza w'Abanyamerika ko ari wo uri inyuma y'imyigaragambyo iri mu gihugu cye.

Nyuma y'iminsi imyigaragambyo ica ibintu muri Kenya, Perezida w'iki gihugu William Ruto yashinje umuryango w'abagiraneza w'Abanyamerika witwa Ford Foundation ko ari wo uri gutera inkunga iyi migumuko.

Perezida Ruto ubwo yari mu burengerazuba bwa Kenya mu gace ka Nakulu, akaba ariho yatangarije ko Ford Foundation n'indi miryango ari yo iri gutera inkunga amatsinda y'abigaragambya.

Mu magambo ye ati "Turashaka kubaza Ford Foundation, ni izihe nyungu mufite mu gutanga amafaranga yo gutera inkunga imyigaragambyo."

Ku ruhande rwa Ford Foundation, yasohoye itangazo ivuga ko ntaho ihuriye n'ibikorwa byo gutanga amafaranga mu bigaragambya, bagaragaza ko iyo batanga inkunga, batajya babogamira ku ruhande runaka.

Magingo aya, imyigaragambyo ikaba ikomeje muri iki gihugu, aho urubyiruko rwariye karungu rukomeje kwanga kuva mu mihanda mu bice bitandukanye by'Igihugu, aho kuri ubu nyuma y'uko Perezida Ruto yemeye ko atazasinya itegeko ry'imisoro, kuri ubu noneho ari gusabwa kurekura ubutegetsi.