Umutoza yisabiye ko igitego cy'ikipe ye gikurwaho kandi cyemewe

Umutoza yisabiye ko igitego cy'ikipe ye gikurwaho kandi cyemewe

 Feb 25, 2022 - 04:34

Umutoza w'ikipe ya Qarabag yemeje ko rutahizamu we Ibrahima Wadji yatsindishije ukuboko ubwo bakinaga na Marseille, ndetse asaba ko igitego gisibwa.

Hari mu mukino wo kwishyura wa Europa conference league aho ikipe ya Marseille yo mu Bufaransa yari yasuye Qarabag yo muri Azerbaijan, bakaba bakinnye mu ijoro ryo kuri uyu wa kane.

Umukino ubanza wabereye mu Bufaransa ikipe ya Marseille yitwaye neza itsinda ibitego 3-1, ikaba n'ubundi yari ifite amahirwe menshi yo gukomeza.

Ku munota wa 12 gusa muri uyu mukino nibwo Marseille yabonye igitego cya mbere cyatsinzwe n'umunya-Senegal Pape Gueye. Ku munota wa 34 ikipe ya Qarabag yabonye amahirwe yo kwishyura igitego cyatsinzwe na Ibrahima Wadji ariko kinateza impaka.

Iki gitego cyateje impagarara mu kibuga kuko abakinnyi ba Marseille bavugaga ko Ibrahima Wadji yagitsindishije ukuboko, mu gihe abasifuzi bari bakemeye dore ko nta na VAR iri gukoreshwa muri iri rushanwa.

Muri iyi minota igera kuri itatu y'impagarara abakinnyi ba Marseille barimo Matteo Guendouzi bakurikiraga Ibrahima Wadji basakuza cyane bavuga ko abeshya ariko we agaceceka akabihorera.

Ibi byaje gukemuka ubwo umutoza wa Qarabag, umunya-Azerbaijan w'imyaka 49 witwa Gurban Gurbanov yaje kuvugana na rutahizamu we ndetse yemeza ko iki gitego cy'ikipe ye cyatsindishijwe ukuboko.

Nyuma Ibrahima Wadji nawe yegereye abasifuzi yemera ko igitego yagitsindishije ukuboko ubundi igitego gikurwaho umukino urakomeza.

Uyu mukino warangiye Marseille ishyizemo ibindi bitego bibiri bisanga icya Pape Gueye, maze umukino urangira batsinze 3-0 bisanga 3-1 batsinze mu mukino ubanza, ubundi Marseille ikomeza ku giteranyo cy'ibitego 6-1.

Ibrahima Wadji yemeye ko yatsindishije ukuboko(Image:The Mirror)