U Burusiya bwajyanye intwaro kilimbuzi muri Belarus

U Burusiya bwajyanye intwaro kilimbuzi muri Belarus

 Mar 26, 2023 - 06:56

Perezida w'u Burusiya Vladimir Putin yatangaje ko bajyanye intwaro kilimbuzi muri Belarus hafi y'imipaka na Ukraine| U Bwongereza nabwo bugiye kohereza amasasu y'ubumara bwa Uranium muri Ukraine.

Ikoreshwa ry'intwaro z'ubumara kilimbuzi mu ntambara ya Ukraine n'u Burusiya, yiyongereye nyuma y'aho u Bwongereza butangaje ko bugiye kohereza amasasu y'ubumara bwa Uranium muri Ukraine.

Kuri iyi ngingo u Bwongereza bwatangaje ko kubera uburyo intambara ikomeje gutinda, bagiye kohereza amasasu y'ubumara akoze muri Uranium kugira ngo yihutishe intambara.

Aya masasu akoze muri Uranium akaba ari nayo akorwamo intwaro kilimbuzi.

U Bwongereza bukimara gutangaza ibi ngibi, ibihugu byinshi birimo nibisanzwe bifasha Ukraine byatangaje ko bidashigikiye uyu mugambi ndetse Amarika nayo yavuze ko bidakwiye.

Kuri izo mpamvu, u Burusiya bwo bwahise busubiza mu bikorwa atari mu magambo, buhita bwerekeza muri Belarus intwaro kilimbuzi ku mipaka y'iki gihugu gihanaho imbibi na:Ukraine, Poland, Lithuania na Latvia.

U Burusiya bwajyanye intwaro kilimbuzi muri Belarus 

Perezida w'u Burusiya Vladimir Putin ubwo yari kuri televisiyo ya Leta, yatangaje ko ibyo bakoze ari ibintu bisanzwe kuko n'Amarika nayo yujuje izo ntwaro mu bihugu byo mu Burayi.

Perezida Vladimir Putin ati " Ntabwo tugiye kurasa ibyo bisasu kilimbuzi muri Ukraine, ariko nanone nta gitangaza cyaba kirimo tubikoze kuko u Bwongereza nibwo bwabitangiye."

Kuva mu mwaka w'1990 ni ubwa mbere intwaro kilimbuzi z'u Burusiya zisohotse mu gihugu imbere.

Nubwo bimeze gutya ariko, hakaba hataratangazwa imitwe y'ibi bisasu irajyanwa i Minsk.

Vladimir Putin akaba yatangaje ko imirimo yaho ibi bisasu bizashingwa izarangira neza ku ya 1 Nyakanga 2023.

Perezida Putin utangaza ko gukoresha intwaro kilimbuzi bishoboka

Nta kabuza amahirwe yo kurwanisha intwaro kilimbuzi muri Ukraine ari kugenda yegereza cyane nk'uko bigaragara ahubwo ikibura ari imbarutso.

Ikindi kandi andi makuru akaba avuga ko Ukraine nayo yenda guhabwa intwaro kilimbuzi n'ibihugu byo mu Burengerazuba bw'isi, ibintu u Burusiya butazihanganira namba.