Snoop Dogg yakebuye abatunganya filime z’abana

Snoop Dogg yakebuye abatunganya filime z’abana

 Aug 26, 2025 - 13:06

Umuraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Snoop Dogg, yatangaje ko atishimira uburyo abatunganya filime z’abana bagaragaza imiryango itandukanye by'umwihariko ibijyanye n'ubuzima bwo guhuza ibitsina cyangwa imyororokere, avuga ko bishobora gutera abana kwibaza ibibazo bikomeye batari bazi.

Mu kiganiro yagiranye na It’s Giving Podcast, Snoop Dogg yasobanuye uko umwuzukuru we yamutunguye nyuma yo kureba filime ya Lightyear yakozwena Disney/Pixar, aho yagaragazaga umuryango w’abagore babiri.

Ibyo byatumye umwuzukuru we amubaza ati: “Ese umugore ashobora kubyarana n'undi mugore?”

Uyu muraperi yavuze ko ibi byamwibukije ko abatunganya filime y’abana bagomba gusuzuma neza uburyo bagaragaza ibibazo by’igitsina n’imiryango itandukanye, kugira ngo bitabangamira imitekerereze y’abana.

Iki kibazo kimaze gutera impaka ku isi yose, kuko hari ababona ko ari ingenzi kugaragaza ubworoherane n’uburinganire mu mashusho y’abana, mu gihe abandi bavuga ko bishobora guteza urujijo ku bitekerezo by'abo bakiri bato.

Snoop Dogg yakebuye abantu batunganya filime z'abana

Snoop Dogg abona hari ibintu bidakwiye kujya muri filime z'abana