Kuva muri 2018, umuhanzikazi mpuzamahanga ukomoka muri Colombia Shakira Isabel Mebarak Ripoll uzwi mu muziki nka Shakira, yasabiwe n’Ubushinjacyaha bwo muri Espanye gufungwa imyaka umunani nyuma yo gushinjwa ibyaha byo kunyereza imisoro ariko we abitera utwatsi.
Urukiko rwo mu mujyi wa Esplugues de Llobregat i Barcelona rwemeje ko uyu mugore w’imyaka 45, agomba kuburanishwa ku byaha byo kunyereza imisoro aregwa n’ubwo rutatanze itariki nyirizina azaburaniraho.
Nyuma y’igihe Ubushinzacyaha busabiye uyu mugore gufungwa imyaka umunani, kuwa 27 Nzeri 2022, Urukiko rwemeje ko Shakira agomba kwitaba Urukiko akaburana kuri ibi byaha aregwa. Shakira wahoze ari umugore wa myugariro wa Fc Barcelona ukomoka muri Spain Gerard Piqué, arashinjwa kunyereza miliyoni £13.5 [Asaga miliyari 13 frw] y’imisoro ku nyungu yinjije kuva mu mwaka wa 2012 kugeza 2014.
Shakira ahakana aka kayabo yishyuzwa, avuga ko muri iyo myaka ibiri ivugwa, atigeze aba muri Spain kuko ngo yari mu bitaramo bitandukanye ku Isi bityo ayo mafaranga ntayo yanyereje ndetse avuga ko nyuma yaho muri 2015 kubera ko yari mu rukundo n’umunyagihugu waho aribwo yahawe ibyangombwa byo gutura muri iki gihugu mu buryo bwa burundu bityo ko yishyuye amafaranga yose yabazwaga. Avuga ko kugirango abone ibi byangombwa, byamusabye agera kuri miliyoni 17 £ rero nta rindi deni afitiye iki gihugu.

Uyu muhanzikazi agiye kwitabi Urukiko nyuma y’igihe kitari kinini atandukanye n’uwahoze ari umukunzi we Gerard Pique bari bamaranye imyaka 12 banafitanye abana babiri.
Uyu muhanzikazi aramutse ahamijwe ibyaha ashinjwa, yahanishwa igifungo cy’imyaka umunani n'amezi abiri n’ihazabu ya miliyoni 24 z’amayero. Icyakora umuvugizi we yabwiye Sky ko Shakira yifitiye ikizere kinshi kandi kuba ari umwere bizigaragaza.

Shakira ni umuririmbyi wabiciye bigacika mu ndirimbo “Hips Don't Lie’ “Can't Remember to Forget You’ “Waka Waka (This Time for Africa)” n’izindi.
