Roberto Firmino yabaye umushumba w'itorero

Roberto Firmino yabaye umushumba w'itorero

 Jul 9, 2024 - 14:06

Rutahizamu Roberto Firimino wahoze akina mu Bwongereza, we n'umugore we bahawe kuyobora itorero rya kirisitu bashinze.

Roberto Firmino wahoze ari rutahizamu w'ikipe ya Liverpool n'ikipe y'igihugu ya Brazil, yabaye umushumba w'itorero ry'ivugabutumwa yashinze i Maceio, muri Brazil, afatanyije n'umugore we Larissa Pereira.

Ikinyamakuru cya Glob cyiravuga ko aba bombi bahawe kuyobora itorero bise Evangelical Church ku wa 30 Kamena 2024, dore ko Firimino guhera mu 2020 yabatizwa, yakunze gusangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bw'Imana.

Mu itangazo bashyize ku mbuga nkoranyambaga, Firmino na Pereira bavuze ko kuva bakijijwe bakabatizwa mu 2020, bifuza ko n'abandi bantu babona urukundo Kirisito abakunda.

Bagize bati:"Kuva twahura bwa mbere na Kirisito, twagize inyota mu mitima yacu, turashaka ko abantu bumva urwo rukundo rwatujeho. Ubu dufite ikindi cyifuzo n'inshingano n'inshingano nshya byo kuba abungeri(abashumba) mu izina ry'Imana." 

Magingo aya, rutahizamu Roberto Firmino ufite  imyaka 32, ubu akina mu ikipe ya Al-Ahli yo muri Saudi Arabia.