Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron akomeje gushyira igitutu kuri Kylian Mbappe ngo yongere amasezerano muri Paris Saint-Germain areke ibivugwa ko agiye kujya muri Real Madrid.
Amasezerano ya Kylian Mbappe muri PSG azarangira ku kwezi kwa gatandatu kwa 2022, ndetse benshi batekereza ko uyu musore azerekeza muri Real Madrid ku buntu.
PSG nayo ikomeje gukora ibishoboka byose ngo uyu mufaransa w'imyaka 23 asinye amasezerano mashya, ndetse ikinyamakuru The Independent cyatangaje ko PSG yifuza kumugira umukinnyi uhembwa amafaranga menshi ku isi, aho yajya ahembwa miliyoni y'amapawundi ku cyumweru.
Iyi kipe isigaje amezi ane gusa ngo ibe yarabashije gusinyisha Mbappe amasezerano mashya, cyangwa se imuhombe agendere ubuntu.
Kuri ubu biravugwa ko Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron yaba yatangiye kugerageza guhindura ibitekerezo bya Kylian Mbappe ngo yongere amasezerano muri iyi kipe y'abanyamujyi b'i Paris.
Mu gihe kandi Emmanuel Macron yavugishije Mbappe amusaba ko yahindura ibitekerezo, na Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w'Ubufaransa ngo yavugishije Mbappe nawe amuha icyifuzo nk'icyo.
Ni inkuru dukesha ikinyamakuru El Mundo, aho kivuga ko aba banyapolitiki baba binjiye mu kibazo cya Mbappe kubera akamaro abanya-Qatar bafite PSG bafitiye Ubufaransa mu bijyanye n'ubucuruzi.
Nicolas Sarkozy yagize uruhare runini mu gufasha Qatar kwemererwa kwakira igikombe cy'isi cya 2022, ndetse bikaba byarabaye mu gihe aba banya-Qatar bari mu nkundura yo kwegukana ikipe ya PSG.
Ikigamijwe kinini ku banya-Qatar nuko igikombe cy'Isi cya 2022 kigomba kuba Kylian Mbappe akiri muri iyi kipe yabo, mu gihe we bizwi ko yifuza kujya muri Real Madrid.
Kylian Mbappe afatiye runini PSG muri uyu mwaka w'imikino dore ko amaze gutsinda ibitego 22 ndetse akanatanga imipira 16 yavuyemo ibitego mu mikino imaze gukinwa.
Bigaragara ko Mbappe arusha umusaruro cyane bagenzi be bafatanya ku busatirizi aribo Neymar Jr na Lionel Messi uherutse kuva muri FC Barcelona.
Perezida Emmanuel Macron arasaba Mbappe kongera amasezerano(Net-photo)
Ibya Kylian Mbappe bikomeje kugorana(Image:Sky Sports)
