Ibiro by'Umukuru w'Igihugu mu Rwanda Village Urugwiro byatangaje ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasesekaye i Palácio da Cidade Alta i Luanda muri Angola kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Werurwe 2024 mu ruzinduko rw'akazi ruramara umunsi umwe, yakirwa na mugenzi we João Lourenço.
Icyakora, ibi biro ntabwo byagaragaje ingingo Abakuru b'Ibihugu baraganiraho. U Rwanda na Angola basanzwe bafitanye amasezerano mu ngeri zinyuranye, haba mu bucuruzi, politike, ubutabera ndetse n'ahandi.
Nko mu butabera, Ibihugu byombi bifitanye amasezerano yo gukumira ibyaha, gukora iperereza, gukurikirana ndetse no gushinja ibyaha mu manza zitandukanye. Ni amasezerano yemerera kohereza abantu bakatiwe igifungo kitarenze imyaka ibiri bisabwe na kimwe mu bihugu byombi.
Perezida Kagame yakiriwe i Luanda na mugenzi we wa Angola
Mu bucuruzi, u Rwanda na Angola, mu 2018 bemeranyije ko Kompanyi itwara abantu n'ibintu mu ndege ya Angola 'TAAG Angola Airlines' izajya ikorera ingendo zayo mu Rwanda nta nkomyi.
Guhera mu 2017 Perezida wa Angola João Lourenço yagera ku butegetsi, umubano w'ibihugu byombi wabaye urutare, dore ko mu 2019, Angola yafunguye Ambasade mu Rwanda ihabwa Eduardo Filomeno Bárber Leiro Octávio wahoze mu butasi.
Angola ni kimwe mu bihugu byo kuri uyu Mugabane wa Afurika bifite ijambo, dore ko ari umuhuza w'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) mu kibazo cy'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irushinja gukorana na M23 narwo rukaba rudahwema kubitera utwatsi.
Perezida Kagame ari i Luanda muri Angola
